00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiyovu Sports yanganyirije na Rutsiro FC imbere y’abafana mbarwa (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 January 2025 saa 05:50
Yasuwe :

Muri Kigali Pelé Stadium isa n’iyambaye ubusa, amajwi y’abakinnyi yumvikana kurusha ay’abafana batageze kuri 200, Kiyovu Sports yanganyije na Rutsiro FC igitego 1-1 mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri ry’ibanze ry’Igikombe cy’Amahoro.

Wari umukino wa mbere ku mutoza Lomami Marcel uheruka guhabwa Kiyovu Sports ngo ayifashe kuguma mu Cyiciro cya Mbere.

Iyi kipe yambara icyatsi n’umweru yari hejuru mu minota 20 ya mbere ariko nta buryo bukomeye yaremye burenze ubwabonywe na Ishimwe Kevin wateye umupira ku ruhande rw’izamu ryari ririnzwe na Itangishatse Jean Paul.

Sharif Bayo ni umwe mu bitwaye neza aho yacenze abakinnyi babiri, yinjirana ubwugarizi bwa Rutsiro FC, umupira yahaye Nsabimana Denis awutera ku ruhande rw’izamu.

Mu minota 30, Kiyovu Sports yabonye uburyo bubiri ku mupira ibiri Ishimwe Kevin yahaye Mutunzi Darcy, ariko uyu mukinnyi wavuye mu ikipe y’abato ananirwa gutsinda umunyezamu Itangishatse Jean Paul wahagaritse neza imipira yombi yatewe mu izamu rye.

Uburyo bwa mbere bwa Rutsiro FC mu gice cya mbere, bwabonywe na Nizeyimana Jean Claude ku munota wa 39, umupira ufatwa neza na Nzeyurwanda Djihad.

Nsabimana Denis yahushije kandi uburyo bukomeye mu minota itanu ya nyuma y’igice cya mbere, umupira Itangishatse yakuyemo utuma abanza kwitabwaho n’abaganga.

Ku munota wa nyuma muri ibiri y’inyongera, Nizeyimana Jean Claude yahinduye umupira mwiza mu izamu, Nzeyurwanda ariterera awukuramo.

Nyuma y’iminota ine amakipe yombi avuye kuruhuka, Rutsiro FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Mumbere Mbusa Jérémie, ku mupira yatsinze n’umutwe nyuma yo guhindurwa na Nizeyimana Jean Claude mu izamu.

Umutoza Gatera Moussa yahise akora impinduka, Mambuma Ngunza Thythy aha umwanya Habimana Yves uri mu Banyarwanda bahagaze neza mu gutsinda ibitego byinshi muri Shampiyona.

Iyi mpinduka n’izindi zakozwe n’iyi kipe yo mu Burengerazuba, ntacyo zatanze kuko Kiyovu Sports yongeye gusatira cyane no kwiharira umupira mu minota yakurikiyeho.

Byasabye gutegereza umunota wa 73, Kiyovu Sports yishyurirwa na Nizeyimana Djuma kuri penaliti, nyuma y’ikosa Habyarimana Eugène yakoreye kuri Byingiro David mu rubuga rw’amahina.

Urucaca rwashoboraga kubona kandi ikindi gitego, ariko ubwugarizi bwa Rutsiro FC n’umunyezamu Itangishatse Jean Paul bitwara neza.

Ku munota wa 89, Ishimwe Kevin yateye ishoti rikomeye, umupira ukubita umunyezamu, ukomereza ku mutambiko w’izamu mbere y’uko usubira mu rubuga rw’amahina.

Imikino yo kwishyura y’iri jonjora rya kabiri ry’Igikombe cy’Amahoro izaba mu cyumweru gitaha. Umukino wo kwishyura uzabera i Rubavu.

Abakinnyi ba Kiyovu Sports basuhuzanya n'abasifuzi mbere y'uko umukino utangira
Abakinnyi ba Kiyovu Sports babanje mu kibuga, bifotoza mbere y'umukino
Abakinnyi ba Rutsiro FC babanje mu kibuga
Umukino wayobowe n'abasifuzi barangajwe imbere na Irafasha Emmanuel
Abakapiteni b'amakipe yombi bifotozanya n'abasifuzi mbere y'umukino
Umunyezamu Itangishatse Jean Paul yagoye abakinnyi ba Kiyovu Sports barimo Nsabimana Denis
Musandusha Shabani wa Rutsiro FC akina umupira hagati mu kibuga
Umutoza Lomami Marcel yatozaga umukino wa mbere muri Kiyovu Sports
Ishimwe Eric agarura umupira wari ugiye kurengera aho abatoza bahagarara
Kiyovu Sports yasatiriye cyane mu gice cya mbere ariko ntiyabyaza umusaruro uburyo yabonye
Twahirwa Olivier na Ndabitezimana Dozard bakurikiye umupira
Myugariro wa Kiyovu Sports, Kazindu Bahati Guy akuraho umupira
Nzabitezimana Dozard wa Rutsiro FC ahanganiye umupira na Ishimwe Eric
Kapiteni wa Kiyovu Sports, umunyezamu Nzeyurwanda Djihad atera umupira imbere
Ishimwe Eric wa Kiyovu Sports aserebeka Kabura Jean wa Rutsiro FC ngo amukureho umupira
Mutijima Gilbert yinjirana umupira hagati ya ba myugariro ba Kiyovu Sports
Abakinnyi ba Kiyovu Sports bakiza izamu ubwo bari basatiriwe na Rutsiro FC
Umunyezamu Itangishatse Jean Paul akuraho umupira wari winjiranywe na Ishimwe Kevin
Lomami Marcel ntiyishimiye kubona ikipe ye ihusha uburyo bwinshi
Umutoza wa Rutsiro FC, Gatera Moussa, yashakaga umusaruro utuma azakira umukino wo kwishyura adasabwa byinshi
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yarebye uyu mukino
Chairman wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Hadji Youssuf, ari mu barebye umukino
Mutunzi Darcy yitwaye neza ariko abura igitego yari ategerejweho
Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, areba uko ikipe ye iri gukina
Nizeyimana Djuma yishyuriye Kiyovu Sports kuri penaliti
Mu minota ya nyuma, Kiyovu Sports yatsinze igitego cyanzwe kubera ko habayeho kurarira

Amafoto: Kasiro Claude & Umwari Sandrine


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .