00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kevin Durant yabaye umunyamigabane muri Paris Saint-Germain

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 21 June 2025 saa 03:00
Yasuwe :

Kevin Durant yamaze kuba umwe mu banyamigabane ba Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, binyuze mu kigo cye cya Boardroom Sports Holdings kizobereye mu bikorwa by’ubucuruzi.

Kevin Durant usanzwe ari umukinnyi wa Phoenix Suns yo muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yamaze gusinyana na Qatar Sports Investments (QSI) ireberera PSG, amasezerano y’imikoranire.

Ni amasezerano yasinywe ahanini mu kwagura ibikorwa by’iyi kipe bikarenga umupira w’amaguru, ahubwo bikagera no muri Basketball.

Durant umaze kwegukana NBA inshuro ebyiri (2017 na 2018), avuga ko yishimiye kuba umwe mu banyamigabane b’ikipe no kuba umwe mu bazaba bafite uruhare muri ejo heza hayo.

Ati “Ni iby’agaciro cyane kuba turi gukorana na QSI no kuba umunyamigabane muri PSG. Ni ikipe n’umujyi biri hafi ku ndiba y’umutima wanjye.”

"Iyi kipe ifite intego ngari, bityo ntewe ishema no kuzagira uruhare mu iterambere ryayo ry’ahazaza binyuze mu ishoramari rishya.”

Boardroom Sports Holdings ya Durant w’imyaka 36, izafasha kandi PSG mu bikorwa byo kwamamaza ibikorwa byayo no kuzamura urwego rw’ubucuruzi.

Durant uri mu bakinnyi bahembwa agatubutse ku Isi si ubwa mbere yari ageze muri Paris Saint-Germain, dore ko yayibayemo binyuze mu kigo cya Arctos Partners na cyo arimo nk’umunyamigabane.

Kevin Durant yabaye umunyamigabane muri Paris Saint-Germain
Kevin Durant azagira uruhare runini mu kwamamaza ibikorwa bya PSG
Kevin Durant ashishikajwe no kuba umwe mu bazakomeza kwandikira amateka PSG
Kevin Durant agiye kujya akorana bya hafi n'Umuyobozi Mukuru wa PSG, Nasser Al-Khelaifi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .