00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kevin De Bruyne yasezeye Manchester City

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 April 2025 saa 04:05
Yasuwe :

Kevin De Bruyne ukina mu kibuga hagati muri Manchester City, yatangaje ko atazakomezanya na yo nyuma y’uyu mwaka w’imikino wa 2024/25. Uyu mukinnyi w’imyaka 33, yari amaze imyaka 10 muri iyi kipe.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, ni bwo uyu mukinnyi yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga ze, atangaza ko igihe cyo gusohoka muri iyi kipe kigeze.

Mu ibaruwa ndende yageneye abakunzi be biganjemo abafana n’abo babanye muri Manchester City, yagaragaje ko yifuje ko amakuru yo kuva mu ikipe ari we ubwe uyatangaza.

Ati “Abareba neza ibi bintu murabona aho biri kwerekeza. Gusa ndashaka kubishyiraho umucyo nkabamenyesha ko aya ari amezi yanjye ya nyuma nk’umukinnyi wa Manchester City.”

“Ntabwo byoroshye kwandika amagambo nk’aya nk’umukinnyi wa ruhago, ariko tuba twiteguye ko igihe nk’iki kizagera. Uwo munsi ni uyu kandi ni njye wa mbere mukwiriye kubyumvana.”

Kevin De Bruyne yongeyeho ko kuba muri Manchester City hari byinshi byamugejejeho mu byo yifuzaga, bityo amateka yahagiriye atazigera yibagirana, uhereye kuri we no ku muryango we.

Ati “Umupira w’amaguru watumye mbamenya mwese, mbamenyeye muri uyu mujyi [Manchester]. Narwanaga no kugera ku nzozi zanjye ariko ntazi ko uru ari urugendo ruzampindurira ubuzima. Uyu mujyi, iyi kipe, aba bantu, mwampaye byose.”

“Nta mahitamo nari mfite usibye kubitura ibyo mwampaye. Manchester izahora mu byangombwa by’abana bacu, ikindi kirenzeho ni uko izahora mu mitima yacu. Mwabyanga mwabyemera iki ni cyo gihe cyo kubabwira ngo murabeho.”

Uyu mukinnyi w’imyaka 33 yageze muri Manchester City mu 2015 avuye muri VfL Wolfsburg yo mu Budage. Ayigezemo yatwaranye na yo ibikombe bitandatu bya Shampiyona y’u Bwongereza. Muri icyo gihe kandi aba umukinnyi mwiza w’umwaka inshuro ebyiri (2019/20 na 2021/22).

Muri icyo gihe kandi yayifashije gutwara igikombe kimwe cya Champions League, bibiri bya FA Cup, bitanu bya Carabao Cup, bitatu bya Super Cup, na kimwe cya FIFA Club World Cup.

Kevin De Bruyne yagaragarije Man City ko yatanze byose mu kuyitura ineza yamugiriye
Kevin De Bruyne yafashije Man City gutwara ibikombe bitandatu bya Premier League
Kevin De Bruyne amaze imyaka 10 muri Man City
Man City ni yo yashyize ku gasongero Kevin De Bruyne
Kevin De Bruyne yabaye umukinnyi mwiza mu Bwongereza inshuro ebyiri ari muri Man City
Kevin De Bruyne ni umwe mu bakinnyi bafasha cyane Man City
Kevin De Bruyne ni we kapiteni wa Manchester City
Kevin De Bruyne asezeye yarahesheje Manchester City igikombe cya UEFA Champions League

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .