00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kera kabaye Jürgen Klopp yahishuye icyamukuye muri Liverpool

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 January 2025 saa 12:57
Yasuwe :

Jürgen Klopp wahoze ari umutoza wa Liverpool, yahishuye ko guhora ku gitutu no kutabona umwanya wo kwiga ibintu bishya ari byo byatumye ahagarika umwuga w’ubutoza.

Uyu mugabo yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru, aho yerekeje mu mirimo mishya yo kuba Umuyobozi w’Umupira w’Amaguru muri Sosiyete ya Red Bull isanzwe itunze amakipe menshi mu mikino itandukanye.

Abajijwe icyatumye yemera guhindura imirimo akava muri Liverpool kandi yari imeze neza, Klopp yatangaje ko yari amaze kurambirwa igitutu no kutabona umwanya wo kwiga ibintu bishya.

Yagize ati “Iriya myaka 25 yari iy’igitutu gusa. Impamvu ni imwe gusa njye ndi umuntu ugira amatsiko kandi ntabwo nari nkibasha kuyashira.”

Yakomeje ati “Byari umukino nyuma y’umukino nyuma y’umukino. Mvugishije ukuri nageze ahantu numva bitakinshimishije. Njye ndi umuntu uhora ushaka kugerageza no kwiga ibintu bishya ariko ntabwo nabonaga umwanya wabyo.”

Klopp yagaragaje ko yishimiye akazi gashya kuko atazongera kuzamura umupira w’amaguru ahantu hamwe.

Ati “Ntabwo nzongera kuzamura umukino ahantu hamwe gusa, ahubwo ndashaka kuzamura ruhago ku Isi yose. Nta kongera gutegura umukino buri mpera z’icyumweru ahubwo ni mu ishusho yagutse.”

Klopp yasimbuwe na Arne Slot ukomeje kwitwara neza no kuyobora urutonde rwa Shampiyona.

Icyakora afite akazi gakomeye ko kuzongerera amasezerano Mohamed Salah, Trent Alexander-Arnold na Virgil van Dijk bazayasoza mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Ubwo Klopp yari abajijwe niba abona Salah azongera amasezerano, yavuze ko afite icyizere.

Ati “Ndizera azahaguma. Ni we rutahizamu mwiza wa Liverpool mu bihe bya vuba kandi bagize abandi beza cyane. Ni umukinnyi mwiza cyane w’umunyamwuga ndetse udasanzwe.”

Mu myaka icyenda Klopp yamaze muri Liverpool yegukanye ibikombe umunani birimo icya Premier League na UEFA Champions League.

Ni mu gihe Red Bull yagiyemo, ari sosiyete ikomeye ifite amakipe menshi mu mikino nk’umupira w’amaguru, Formula 1, Ice Hockey n’indi.

Nko muri ruhago, ifite amakipe menshi ku Isi nka RB Leipzig yo mu Budage, Red Bull Salzburg yo muri Autriche, New York Red Bulls yo muri Amerika na Red Bull Bragantino yo muri Brésil.

Iyi sosiyete kandi ifite n’imigabane muri Leeds United yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Bwongereza.

Jürgen Klopp yahishuye icyamukuye muri Liverpool
Jürgen Klopp yavuze ko atazongera kuba umutoza
Jürgen Klopp yegukanye ibikombe umunani mu myaka icyenda yatoje Liverpool
Jürgen Klopp afite icyizere ko Salah azongera amasezerano muri Liverpool

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .