Uyu mukino wateguwe n’abahoze bakinira Vital’O FC bazahura n’ikipe y’abahanzi n’ibyamamare i Burundi, uteganyijwe tariki ya 12 Mutarama 2025 mu Ngagara.
Biteganyijwe ko amafaranga azava muri uyu mukino azashyikirizwa umuryango wa Kanyankore, mu rwego rwo kumutera inkunga cyane ko amaze igihe kinini arwaye.
Kanyankore ni izina rikomeye mu Rwanda n’i Burundi by’umwihariko muri Vital’O FC yabereye umukinnyi ndetse n’umutoza, aho yegukanye ibikombe 21.
Kanyankore yageze no mu Rwanda atoza Ikipe y’Igihugu igihe gito, anyura muri Rayon Sports, APR FC, Kiyovu Sports, Les Citadins (AS Kigali), ndetse na Bugesera FC ari nayo yatoje bwa nyuma mu Rwanda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!