00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwagurutsaga kagoma kuri stade ya Lazio yirukanywe azira gushyira hanze amafoto y’ubwambure

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 16 January 2025 saa 07:18
Yasuwe :

Ikipe ya Lazio de Rome yo mu Butaliyani, yatangaje ko yamaze kwirukana Juan Bernabè wagurutsaga igisiga cya Kagoma mbere ya buri mukino iyi kipe yakiraga kuri Stade Olimpico, aho yashinjwe gushyira hanze amafoto y’ubwambure bwe.

Juan Bernabè w’imyaka 56 yatunguye benshi ubwo ku wa Mbere yashyiraga hanze amashusho y’igitsina cye cyafashe umurego, ni nyuma yo kubagwa kuri iyi myanya y’ibanga hagamijwe kongera ubushobozi bwe mu bijyanye no gutera akabariro

Nyuma yo kujya hanze kw’aya mashusho, ubuyobozi bwa Lazio bwahise butangaza ko bwatandukanye na Juan ndetse n’iki gisiga cya Kagoma yagurutsaga mbere ya buri mukino, kubera ko batakomeza kwihuza n’ibintu bibi nk’ibyo.

Kuva mu mwaka wa 2010, Juan Bernabè yagurutsaga igisiga cya Kagoma kuri stade Olimpico ikipe ya Lazio yakiriraho imikino yayo, aho iki gisiga ubusanzwe ari ikirango cy’iyi kipe y’i Roma.

Uyu muhango ariko ukaba ugiye guhita uhagarara cyane ko iki gisiga cyahise kijyana na nyiracyo, aho ubuyobozi bw’iyi kipe bwihanganishije abafana kubera ko batazongera kubona iyi Kagoma, ariko ko nta kundi bari kubigenza kubera ibyakozwe na Juan Bernabè.

Uyu mugabo ukomoka muri Espagne usanzwe ari n’umuhezanguni uzwi, yatangaje ko ku bwe abona nta nka yaciye amabere kubera ko kwerekana imiterere y’igitsina cye bwari uburyo bwo gukangurira abandi bagabo bafite ikibazo cyo kutitwara neza mu buriri kuba na bo bakwibagisha kugira ngo ibintu bigende neza.

Kugeza ku munsi wa 20 wa Shampiyona, Lazio iza ku mwanya wa kane n’amanota 36 aho irushwa amanota arindwi na Inter de Milan na Atlanta ziyiri imbere.

Juan Bernabè ukomoka muri Espagne yirukanywe muri Lazio n'igisiga cye
Igisiga cya Kagoma gisanzwe ari kimwe mu birango bya Lazio
Juan yari akunzwe n'abakunzi benshi ba Lazio
Yashyize hanze amashusho nyuma yo kubagwa akongera igitsina cye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .