00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

’Kaboy’ ntavuga rumwe n’ubuyobozi ku cyamukuye mu Ikipe y’Igihugu

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 28 February 2025 saa 01:17
Yasuwe :

Mukandayisenga Jeannine uzwi nka ’Kaboy’ yahakanye amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore, avuga ko ibicurane ari byo byatumye akurwa mu mwiherero.

Ubwo Ikipe y’Igihugu yari irimbanyije imyitozo yitegura gushaka itike y’Igikombe cya Afurika yahuje u Rwanda na Misiri, Kaboy yasezerewe mu mwiherero abwiwe ko ari ukubera uburwayi.

Si ibi gusa byavuzwe, hari amakuru yavugaga ko uyu mukinnyi yapimwe agasangwamo imisemburo myinshi ya kigabo ‘Testosterone’, itari kumwemerera kurikina.

Mu kiganiro uyu mukinnyi yagiranye n’Umuyobozi Mukuru wa B&B Kigali FM, Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka ’Jado Castar’, yamusobanuriye ko ibyavuzwe byose nta kuri kurimo.

Jado Castar yavuze ko Kaboy yamubwiye ko batigeze bamupima.

Ati “Nta muntu n’umwe wigeze amupima muri iyi minsi yari mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu. Icyo kuba imisemburo iri hejuru ntabwo yigeze akibwirwa mbere y’uko ayivamo, ahubwo yabyumvise yaramaze gusezererwa. Yatunguwe no kuba yarabwiwe ko arwaye ibicurane kandi yari yaratangarijwe na muganga w’Ikipe y’Igihugu ko yabikize, dore ko ari we wari wamuvuye akanamuha imiti.”

“We yumva ko ibyabaye ari urwitwazo rw’umuntu cyangwa abashatse kumukura mu Ikipe y’Igihugu. Baramubwiye ngo atahe, ariko ntiyasobanurirwa impamvu ifatika itumye asezererwa.”

Kaboy yakomeje abwira Castar ko adahangayikishijwe n’impamvu iyo ari yo yose yatumye asezererwa, kuko bishobora no kumwangiriza akazi arimo ko gukinira Yanga Princess yo muri Tanzania.

Kugeza ubu Kaboy ni we rutahizamu urusha abandi u Rwanda rufite mu bagore.

Ikipe y’u Rwanda yakinnye na Misiri imikino ibiri, uwa mbere wabereye mu Rwanda iwutsindwa igitego 1-0, uwo kwishyura inganya na Misiri iwayo ibitego 2-2, isezererwa itabonye itike y’Igikombe cya Afurika.

Kaboy yavuze ko yakuwe mu mwiherero w'Ikipe y'Igihugu y'Abagore atabwijwe ukuri
Kaboy ni we rutahizamu w'Umunyarwandakazi urusha abandi kugeza ubu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .