00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jimmy Mulisa yahakanye iby’umwuka mubi hagati ye na Rwasamanzi

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 18 December 2024 saa 06:15
Yasuwe :

Umutoza Wungirije w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Jimmy Mulisa, yahakanye iby’umwuka mubi uvugwa hagati ye na Rwasamanzi Yves wari watoranyijwe nk’umwungiriza we mu gutegura imikino y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN).

Uyu mutoza yabigarutseho ubwo Amavubi yakoraga imyitozo ya nyuma mbere yo kwerekeza i Juba, aho izakinirra na Sudani y’Epfo mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri mu yo gushaka itike ya CHAN 2025.

Ubwo iyi kipe yajyaga gutangira umwiherero, benshi batunguwe n’ubutumwa bw’umutoza Rwasamanzi Yves wasabye ikiruhuko cy’iminsi umunani kubera impamvu z’umuryango.

Icyakora, andi makuru yavugaga ko uyu mutoza yaba yaranze kungiriza Mulisa wemejwe na Frank Torsten Spittler wasabye FERWAFA ko ar iwe wazaba umutoza mukuru.

Ubwo yari abajijwe ukuri kuri iki kibazo, Mulisa yagaragaje ko ibyabaye byose Rwasamanzi yari abizi, kuko Frank Torsten bombi basanzwe bungirije yari yabibabwiye.

Yagize ati “Umutoza mukuru ntabwo ahari rero hari ibyo twaganiriye kandi na Rwasamanzi yari ahari. Ajya kugenda yaratuganirije atubwira ko ari twe tuzatoza iyi mikino.”

Yakomeje agira ati “Nk’uko ubivuze umunsi w’umwiherero ugeze natanze gahunda y’uko tuzategura iyi mikino. Natunguwe no kubona ubutumwa bwa Rwasamanzi atwifuriza amahirwe masa, adusaba y’uko twazatsinda umukino.”

Mulisa yasoje avuga ko ibindi na we yabyumvise mu itangazamakuru nk’abandi bose.

Nyuma yo kutaboneka kwa Rwasamanzi, Amavubi yagennye undi mutoza wungirije kuri iyi mikino ya CHAN, ari we Habimana Sosthène, usanzwe atoza Musanze FC akaba n’Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 15 ndetse n’iy’Abatarengeje imyaka 17.

Biteganyijwe ko Ikipe y’Igihugu izahaguruka i Kigali ku wa Kane, tariki ya 19 Ukuboza 2024, yerekeza muri Sudani y’Epfo gukina umukino ubanza uzabera i Juba tariki ya 22 Ukuboza, mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 28 Ukuboza 2024.

Jimmy Mulisa yahakanye iby'umwuka mubi uri hagati ye na Rwasamanzi
Rwasamanzi Yves yasabye ikiruhuko cyo kwita ku muryango mu gihe Amavubi yitegura Sudani y'Epfo
Amavubi akomeje imyitozo yitegura Sudani y'Epfo bazahura mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike ya CHAN 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .