00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jimmy Gatete yakeje Mukura VS yamugiriye icyizere akavamo igihangange

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 7 Gashyantare 2023 saa 09:12
Yasuwe :

Uwahoze ari rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Jimmy Gatete, yashimiye Ikipe ya Mukura VS yamuhaye amahirwe akiri umwana muto w’imyaka 15, byamufashije kuvamo umukinnyi w’igihangange kandi wubashywe muri ruhago y’u Rwanda.

Gatete wakiniye Ikipe y’Igihugu hagati ya 2001 na 2009, atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru mu 2010.

Nyuma yo kuva mu Rwanda, Gatete ntiyongeye kumvikana mu bijyanye na ruhago Nyarwanda uretse mu myaka ibiri ishize, by’umwihariko mu Ukwakira 2022 ubwo yageraga i Kigali yitabiriye ibikorwa bya “Legends in Rwanda” ndetse icyo gihe yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame.

Kuva icyo gihe, Gatete yatangiye gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga ze zirimo Instagram aho ku wa 6 Gashyantare, yavuze ko ashimira cyane Mukura Victory Sports yamuhaye amahirwe akiri umwana muto.

Ati “Mukura Victory Sports ni ikipe yampaye amahirwe menshi yo kugera ku ntego zanjye mu rugendo rwanjye rwo gukina umupira w’amaguru. Birengeye ingaruka ubwo banyizeraga bakankoresha mu Cyiciro cya Mbere ndi umwana w’imyaka 15.”

Yakomeje agira ati “Ni ikipe idasanzwe mu bijyanye no kuzamura impano z’abakiri bato.”

Gatete Jimmy yakiniye Mukura VS ubwo yayoborwaga na nyakwigendera Gasarabwe Jean Damascène nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yayivuyemo ajya muri Rayon Sports hagati ya 1997-2001, batwarana CECAFA mu 1997 batsinze Mlandege yo muri Zanzibar ibitego 2-1.

Nyuma yaho yakiniye amakipe atandukanye arimo APR FC, Rayon Sports (ku nshuro ya kabiri), Police FC, St George yo muri Ethiopia na Maritziburg United yo muri Afurika y’Epfo.

Gatete Jimmy (wa kane mu bahagaze, uturutse iburyo) yakiniye Mukura VS akiri muto cyane
Jimmy Gatete (wa gatatu mu bahagaze) yavuye muri Mukura VS ajya muri Rayon Sports yahise itwara CECAFA iyikuye muri Zanzibar
Gatete afatwa nk'umwe mu bakinnyi beza babayeho muri ruhago Nyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .