Uyu mukino witabiriwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Félix Namuhoranye, ari hamwe n’abandi bamwungirije, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ku wa Gatandatu.
Ikipe y’Ishuri rya Gishari ni yo yafunguye amazamu ku gitego cyinjijwe na AIP Elias Ishimwe, cyishyurwa na Ndayambaje Anaclet mu gihe Cpl Shyaka Moïse yatsinze igitego cyatandukanyije impande zombi, umukino urangira ari ibitego 2-1.
Umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu irushanwa ryose yabaye PC Tuyishimire Jean Marie Vianney wa CTTC Mayange, aho yinjije ibitego umunani.
Ishuri rya Polisi ry’Amahugurwa rya Gishari (PTS Gishari) ryageze ku mukino wa nyuma ritsinze Eastern Region, mu gihe Ishuri Rikuru rya Polisi rya Musanze ryari ryasezereye Task Force Unit (TFU).
Iri rushanwa ryari amaze amezi abiri akinwa, ryari ryitabiriwe n’amakipe 15 yo mu mashami atandukanye agize Polisi y’u Rwanda.
IGP Namuhoranye yashimiye amakipe yose yitabiriye iri rushanwa, ashishikariza amashami yose kujya ashyiramo imbaraga ndetse ubutaha hakaziyongeramo indi mikino kuko siporo ituma abantu bagira ubuzima bwiza.
Ni ku nshuro ya kabiri habaga iri rushanwa rihuza amashami ya Polisi. Iriheruka na ryo ryegukanywe n’Ikipe y’Ishuri rya Polisi ry’Amahugurwa rya Gishari itsinze Western Region Police Unit.
Intego yaryo ni uguhuza abapolisi bagasabana, bakiyumvanamo kandi bakanaganira by’umwihariko ntihabeho kwibanda gusa mu gutekereza akazi ahubwo ikabafasha kuruhuka mu mutwe no kwishimana n’abandi Banyarwanda.









































TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!