Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yatangaje ko yahaye inshingano uyu munyabigwi wayo.
Yagize iti “Umunyabigwi nyawe wambaye umwenda wa Gikundiro imyaka irindwi, ubu yahindutse uzajya areberera ibikorwa byose by’ikipe mu kibuga no hanze yacyo.”
Ni umwanya mushya mu makipe yo mu Rwanda kuko menshi amenyereweho Komite Nyobozi, andi makipe akagira Umuyobozi Nshingwabikorwa.
Irambona yahawe izi nshingano nyuma y’imyaka ibiri asezeye guconga ruhago nk’uwabigize umwuga. Uyu mugabo ari mu bakinnyi bake baminuje kuko afite impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza (A0) mu bijyanye n’ubukungu yakuye muri UNILAK.
Irambona kandi ni umwe mu bakinnyi bakiniye Rayon Sports igihe kinini kuko yayigezemo mu 2013 ayivamo mu 2020 yerekeza muri Kiyovu Sports.
Yatwaranye na Gikundiro ibikombe bitandukanye birimo ibya Shampiyona, Igikombe cy’Amahoro ndetse ni umwe mu bari kumwe nayo igera muri ¼ cya CAF Confederations Cup mu 2018.
💙🤍OFFICIAL💙🤍
Welcome, Eric Gisa IRAMBONA, our new Football Administrative Director!
A true club legend who proudly wore the #Gikundiro jersey for 7 years (2013–2020), he now returns to oversee operations, logistics, and team coordination off the pitch.
He is #Gikundiro pic.twitter.com/RAFeBXtd9j
— Rayon Sports Official (@rayon_sports) April 16, 2025



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!