00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyanya isanzwe yagizwe ubuntu ku mukino w’Amavubi na Lesotho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 March 2025 saa 10:59
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ku mukino uzahuza Amavubi na Lesotho uzaba ku wa Kabiri, Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, kwinjira ari ubuntu ku bazicara mu myanya yishyuzwaga 1000 Frw na 2000 Frw.

Amavubi azakira Ingona za Lestho mu mukino w’Umunsi wa Gatandatu wo mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Ubuyobozi bwa FERWAFA bwasabye Abanyarwanda kuzitabira uyu mukino ari benshi, bagashyigikira Ikipe y’Igihugu.

Bwongeyeho ko “kwinjira ni ubuntu ku bazicara mu myanya yishyuzwaga 1000 Frw na 2000 Frw.”

Abazagura amatike ni abazicara mu bindi byiciro, aho ibiciro byabaye 10.000 Frw, 15.000 Frw, 25.000 Frw, 50.000 Frw na 500.000 Frw.

Ibi byakozwe mu rwego rwo gufasha abafana batabashije kwinjira ku mukino wa Nigeria mu cyumweru gishize kubera ko Stade Amahoro yuzuye hakiri kare.

U Rwanda ruzakina uyu mukino rusabwa gutsinda kugira ngo rusubire mu makipe abiri ya mbere mu Itsinda C dore ko Afurika y’Epfo ya mbere izisobanura na Bénin ya kabiri.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu, Bizimana Djihad, ni we mukinnyi utazagaragara kuri uyu mukino kubera ko yujuje amakarita abiri y’umuhondo.

Umutoza Wungirije, Nshimiyimana Eric, yabwiye abanyamakuru ko bamaze iminsi bategura umusimbura wa Djihad kuri uyu mukino.

Igitambaro cya Kapiteni w’Amavubi kizambarwa na myugariro Manzi Thierry.

Abafana bari kwicara mu myanya ya 1000 Frw na 2000 Frw ku mukino wa Lesotho, bazinjirira ubuntu
Amavubi azakira Lesotho mu mukino asabwa gutsinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .