00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu Amavubi yatinze guhamagarwa (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 March 2025 saa 04:56
Yasuwe :

Tariki ya 21 Werurwe 2025, Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ izakira iya Nigeria mu mukino w’Umunsi wa Gatanu mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique mu 2026.

Mu gihe habura iminsi itandatu ngo umukino ube, ntabwo Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Adel Amrouche aratangaza abakinnyi azifashisha.

Icyakora benshi mu bazava hanze y’igihugu bo baramenyekanye kuko haba haratanzwe ubutumire mu makipe yabo.

Bamwe mu bakina hanze bivugwa ko bari ku rutonde rw’umutoza Adel Amrouche, barimo abanyezamu batatu aribo Ntwari Fiacre, Buhake Clement, Maxime Wessens.

Ba myugariro ni Manzi Thierry, Mutsinzi Ange na Phanuel Kavita. Abo hagati ni Mugisha Bonheur, Rubanguka Steve, Bizimana Djihad, Hakim Sahabo, Rafael York, Samuel Guelette na Manishimwe Djabel.

Abataha izamu ni Nshuti Innocent, Ishimwe Anicet na Kwizera Jojea.

U Rwanda rutegerejweho kongera kwihagararaho imbere ya Nigeria kuko mu mukino ubanza, amakipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

U Rwanda ruyoboye Itsinda C n’amanota arindwi runganya na Afurika y’Epfo na Bénin. Lesotho iri ku mwanya wa kane n’amanota atanu, Nigeria ifite atatu ndetse na Zimbabwe ifite abiri.

Mu minota 21, kurikira ikiganiro umenye byinshi ku itinda guhamagarwa ku Ikipe y’Igihugu.

Umutoza mushya w'Amavubi, Adel Amrouche azatangirira akazi kuri Nigeria
Ikipe y'Igihugu izatangira umwiherero ku wa Mbere
Nigeria yahize gutsinda u Rwanda rumaze iminsi rwarayinaniye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .