Éric Sékou-Chelle yabaye umutoza wa gatatu uhawe Ikipe y’Igihugu ya Nigeria kuva José Peseiro asezeye kuri aka kazi muri Werurwe 2024.
Ku wa Kabiri ni bwo NFF yatangaje ko Chelle yagizwe umutoza ndetse Perezida w’iri Shyirahamwe, Ibrahim Musa Gusau, yavuze ko azatangira akazi atoza imikino ya CHAN muri Gashyantare.
Kuri ubu Ikipe y’Igihugu ya Nigeria y’abakina imbere mu gihugu iri mu mwiherero iri gukorera kuri Romeo Stars Stadium muri Ikenne, iyobowe n’umutoza Daniel Ogunmodede wa Remo Stars, Fidelis Ilechukwu wa Rangers International na Olatunji Baruwa utoza abanyezamu.
Amakuru avuga ko Éric Sékou-Chelle azagera muri Nigeria ku Cyumweru ndetse azizanira abungiriza batatu.
Chelle wahamagawe mu Ikipe y’Igihugu ya Mali inshuro eshanu, yatoje amakipe arimo GS Consolat, FC Martigues, Boulogne na MC Oran.
Yatoje Mali kuva mu 2022 kugeza muri Kamena 2024, ndetse ayigeza muri ¼ cy’Igikombe cya Afurika cya 2023, aho yatsinzwe na Cote d’Ivoire ibitego 2-1 mu minota 30 y’inyongera.
Umukino we wa mbere mu Ikipe y’Igihugu nkuru ya Nigeria ni uwo azakirwamo n’Amavubi y’u Rwanda muri Werurwe mu Itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
AFCON Mali coach / manager Éric Chelle cries / crying with water poured / pouring on his head / face after quarter final loss to Ivory Coast / Cote D’Ivoire pic.twitter.com/OqUNJjMVJi
— reaction memes ➡️ @VideoReacts (@VideoReacts) February 3, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!