00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ihurizo ku basifuzi bazayobora umukino wa Rayon Sports na APR FC

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 4 December 2024 saa 07:21
Yasuwe :

Umusifuzi uzayobora umukino wiswe uwa Derby y’Imisozi igihumbi uzahuza Rayon Sports na APR FC, akomeje kwibazwaho na benshi nyuma yaho bimenyekaniye ko abasifuzi mpuzamahanga bose batazaboneka ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024, ku munsi w’uyu mukino w’ishiraniro.

Umukino uhuza Rayon Sports na APR FC ni wo ukurikiranwa na benshi mu Rwanda aho ibyemezo biwufatiwemo bigarukwaho kenshi cyane cyane iyo bitavuzweho rumwe ari na yo mpamvu uhabwa abasifuzi mpuzamahanga.

Ku nshuro ya mbere, kuva u Rwanda rwatangira kugira abasifuzi mpuzamahanga, ni bwo umukino wa Rayon Sports na APR FC ugiye gukinwa nta musifuzi mpuzamahanga w’umugabo uri muri batanu bazawuyobora.

Kugeza ubu u Rwanda rufite abasifuzi mpuzamahanga 11 b’abagabo, barimo Uwikunda Samuel, Ishimwe Jean Claude uzwi nka Cucuri, Rulisa Patience, Twagirumukiza Abdul-Karim, Ruzindana Nsoro, nk’abasifuzi bo hagati mu kibuga.

Ni mu gihe Mutuyimana Dieudonné, Karangwa Justin, Ishimwe Didier, Mugabo Eric, Ndayisaba Said Khamis na Bwiliza Raymond Nonati ari abo ku ruhande cyangwa abo bakunze kwita ab’igitambaro.

Twagirumukiza Abdul-Karim na Mutuyimana Dieudonné Dodos bari mu mahugurwa, mu gihe abasigaye bose bazaba bagiye hanze y’u Rwanda gusifura imikino mpuzamahanga ya CAF Champions League na Confederation Cup.

Ubwo IGIHE yavuganaga n’abashinzwe abasifuzi muri FERWAFA, batangaje ko hagiye gushakishwa umusifuzi umenyereye wayobora uyu mukino, aho bijeje abakunzi ba ruhago ko n’abasifuzi batari mpuzamahanga na bo bashobora kuyobora ’Derby’ neza.

Mu batekerezwa basigaye, harimo Nsabimana Célestin wagiye usifurira aya makipe akomeye, mu gihe Ngabonziza Jean Paul uzasifura Police na APR FC kuri uyu wa Gatatu na we ari undi utekerezwa.

Hari n’amahirwe ko uyu mukino wahabwa umusifuzi mpuzamahanga ariko w’umugore hakaba hatekerezwa Umutoni Aline, na we wagiye asifurira aya makipe akomeye inshuro zirenze imwe mu yindi mikino yakinnye.

Komisiyo y’Abasifuzi ya FERWAFA yatangaje ko icyemezo cy’abazasifura uwo mukino gifatwa kuri uyu wa Gatatu.

Ishimwe Claude yagiye agirirwa icyizere cyo gusifura umukino wa Rayon Sports na APR FC ataraba umusifuzi mpuzamahanga mbere ya 2014
Kuva hambere, umukino wa Rayon Sports na APR FC uyoborwa n'abasifuzi mpuzamahanga
Nsabimana Célestin ni we uhabwa amahirwe yo kuzasifura Derby
Cucuri ni we wasifuye imikino myinshi hagati ya APR FC na Rayon Sports
Uwikunda Samuel wasifuye umukino Rayon Sports yanyagiriyemo APR 3-0 na Rulisa Patience wari umusifuzi wa kane bose ntabwo bazagaragara ku wa Gatandatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .