00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihe by’ingenzi byaranze umukino wa APR FC na Rayon Sports mu mafoto 50

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 December 2024 saa 12:58
Yasuwe :

Ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024 undi mukino wa Rayon Sports na APR FC winjiye mu mateka ya ruhago y’u Rwanda, uba uwi 104 wahuje amakipe yombi.

Icyakora, umukino warangiye amakipe yombi agabanye amanota nyuma yo kunganya ubusa ku busa.

Uyu mukino kandi waherukaga kubera muri Stade Amahoro mu myaka ine ishize, wasize wanditse amateka mashya yo kuzuza iyi stade yakira abafana ibihumbi 45 bicaye neza, cyane ko amatike yashize mbere y’umunsi w’umukino.

Ubu bwitabire kandi bwatumye abafana batangira kwinjira muri stade mbere y’amasaha atandatu ngo umukino ube.

Muri icyo gihe basusurutswaga na DJ Brianne na DJ Crush ndetse n’umushyushyarugamba Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho ndetse na Wasili.

Mu kibuga nta bikomeye byagaragaye muri uyu mukino uretse ‘coup franc’ yashoboraga kuvamo igitego cya APR FC yatewe na Niyibizi Ramadhan umupira ugakubita igiti cy’izamu ukavamo.

Gikundiro nayo yabonye uburyo bubiri bukomeye bwabonwe na rutahizamu Fall Ngagne ariko nta boneza neza umupira mu izamu ryari ririnzwe na Pavel Ndzila.

Muri iyi nkuru, tugiye kugaruka ku bihe by’ingenzi byaranze uyu mukino w’amateka mu Rwanda, twifashishije amafoto ya Kasiro Claude, Kwizera Hervé na Kwizera Remy Moses.

Abafana batangiye gutonda imirongo yo kwinjira muri stade saa Yine z'igitondo
Amaforo y'urwibutso abatwa ku bwinshi
Ababyeyi ntibatangwa n'ibirori bya ruhago
Uyu mukino witabirwa n'ingeri zose
Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebitsa afata amashusho y'urwibutso nyuma yo gusura ikibuga bakakirwa neza bikomeye n'abafana ba Gikundiro
Umutoza Wungirije wa Rayon Sports yereka abafana bayo ko abakunda
Dj Brianne na DJ Crush basusurukije abitabiriye uyu mukino
Nyuma y'igihe kinini, amakipe yombi yasohokanye n'abana
Wasili yinjiye mu kibuga yerekana ko Rayon Sports itsinda ibitego 2-0 nk'uko yari yabyanditse mu mutwe
Ubwo Wasili yinjiraga mu kibuga yishimiwe n'abafana cyane
Wari umwanya mwiza wo guhuza urugwiro
Stade Amahoro yuzuye ku kigero cya 100% bwa mbere kuva ivuguruwe
Ubwitabire bwari hejuru cyane
Umufana ukomeye wa Rayon Sports, Rwarutabura mbere y'umukino
umushyushyarugamba Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho niwe wayoboye ibi birori
Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard na Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe ni bamwe mu banyacyubahiro bitabiriye uyu mukino
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe akurikiye umukino
Gen (Rtd) Fred Ibingira (wambaye umukara) ni umwe mu bitabiriye umukino
Minisitiri w'Ingabo, Juvénal Marizamunda n'Umuyobozi w'Icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga ni bamwe mu bitabiriye uyu mukino
Muri parking nuko byari byifashe
Ntibikunze kubaho ko uyu mukino uyoborwa n'abasifuzi batari mpuzamahanga
Ihangana rya rutahizamu Fall Ngagne na myugariro Niyigena Clement ni kimwe mu byaranze umukino
Abafana ba APR FC bari babukereye
Abafana ba Rayon Sports baserukanye imifanire idasanzwe
Myugariro wa APR FC, Aliou Souané yongeye kugaragaza ko ari umukinnyi ukomeye
Coup franc ya Niyibizi Ramadhan yakubise igiti cy'izamu
Rutahizamu Mamadou Sy nyuma yo guhusha uburyo bukomeye bw'igitego
Uyu mukino wabonetsemo amakarita 13 y'umuhondo arimo abiri yahawe abatoza bungirije ku mpande zombi
Abafana ba APR FC bari bateguye
Udashoboye gukurikiza amabwirizwa anyuzwaho akanyafu
Rwarutabura na Rujugiro bahatanye mu gutera penaliti
Rujugiro atera penaliti
Umufana ukomeye wa APR FC, Rujugiro yahembwe miliyoni nyuma yo gutsinda Rwarutabura penaliti 3-0
Sarpongo wahoze ari umufana wa Rayon Sports akaza kujya mu bakeba, nuko yaserutse
Stade Amahoro yari yuzuye mu mpande zose
Abafana ba APR FC bari bateguye
Mu mpera z'umukino wajemo amahane menshi
Umukino uri kurangira wajemo amahane menshi yatewe n'ishyaka ku mpande zombi
Abanya-Congo Brazzaville Pavelh Ndzila na Prinsse Junior Elanga-Kanga bahuje urugwiro nyuma y'umukino
Abanya-Mali Adama Bagayogo na Lamine Bah bafashe ifoto y'urwibutso nyuma y'umukino
Abanya-Sénégal Aliou Souané, Khadime Ndiaye, Youssou Diagne n'Umunya-Mauritanie Mamadou Sy bafashe ifoto y'urwibutso
'Umutoza Robertinho na Taddeo Lwanga bombi banyuze muri Simba SC yo muri Tanzania
Abanya-Sénégal Aliou Souané na Youssou Diagne bakina mu bwugarizi bw'amakipe yombi
Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin yahembwe nk'umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino ku ruhande rwa Murera

Amafoto: Kasiro Claude, Kwizera Hervé na Kwizera Remy Moses
Video: Byiringiro Innocent & Rwibutso Jean Damour


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .