00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gorilla FC yafashe umwanya wa gatatu, Police FC inyagira Marine FC (Amafoto)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 16 February 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Gorilla FC yatsinze Musanze FC igitego 1-0, ifata umwanya wa gatatu muri Shampiyona n’amanota 29, mu gihe Police FC yanyagiye Marine FC ibitego 4-0.

Iyi mikino y’Umunsi wa 17 wa Shampiyona y’u Rwanda yabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025, kuri Kigali Pelé Stadium.

Gorilla FC yatangiranye imbaraga umukino, ku munota wa cyenda gusa Ndikumana Landry yafashe icyemezo azamuka yihuta acenga cyane, atsinda igitego cya mbere.

Mu minota 20, Musanze FC yatangiye kwinjira mu mukino ariko Johnson Adeaga yahindura imipira imbere y’izamu abarimo Sunday Inemesit ntibayigereho neza.

Mu minota 30, umukino watuje utangira gukinirwa cyane mu kibuga hagati ariko Gorilla FC yiharira umupira.

Igice cya mbere cyarangiye Gorilla FC yatsinze Musanze FC igitego 1-0.

Gorilla FC yongeye gutangira neza, ku munota wa 55, Ntwari Evode yazamukanye umupira yihuta awutanga kwa Irakoze Darcy ateye ishoti, umunyezamu Nsabimana Jean de Dieu awukuzamo akaguru.

Mu minota 65, Musanze FC yatangiye gusatira bikomeye, aho ku munota wa 67 Lethabo Mathana yateye ishoti rikomeye, myugariro Kisolokele Zizi umupira awukuriramo ku murongo.

Mu mikino ya nyuma, Gorilla FC yasatiriye cyane ishaka igitego cya kabiri ariko kirabura. Umukino warangiye iyi kipe yatsinze Musanze FC igitego 1-0 ifata umwanya wa gatatu muri Shampiyona n’amanota 29.

Undi mukino wabaye uyu munsi, Police FC yaherukaga gukura inota i Rubavu, yatsinze Marine FC ibitego 4-0 birimo bibiri bya Chukwuma Odili, ibindi bitsindwa na Henry Msanga na Mugisha Didier.

Ikipe ya Polisi y’Igihugu iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 29.

Mu mukino usoza iy’Umunsi wa 17 wa Shampiyona, APR FC irakira AS Kigali saa Kumi n’Ebyiri kuri Kigali Pelé Stadium.

11 ba Police FC yabanje mu kibuga
11 ba Musanze FC babanje mu kibuga
Ndikumana Landry yatsinze igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino
Irakoze Darcy ni umwe mu bakinnyi beza ba Gorilla FC
Ntwari Evode ahanganye na Muhire Anicet uzwi nka Gasongo
Nkurunziza Felecien ahanganye na Nsanzimfura Keddy
Nishimwe Blaise ahanganiye umupira hagati mu kibuga

Amafoto yaranze umukino wa Police FC na Marine FC

11 ba Police FC babanje mu kibuga
Abakinnyi 11 ba Marine FC babanje mu kibuga
Niyigena Emmanuel bakunzwe kwita Mangwende ahanganye na Byiringiro Lague
Henry Msanga yatsinze igitego cya kabiri cya Police FC
Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego cya kabiri
Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego cya Henry Msanga
Abakinnyi ba Police FC bishimira igitego cya Chukwuma
Allan Katerega atanga umupira atareba
Chukwuma Odili yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino
Mugisha Didier ashimira Chukwuma Odili wari umaze gufungura amazamu
Umuyobozi w'Icyubahiro wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga ni umwe mu bitabiriye iyi mikino
Abafana ba Police FC bari bagiye kuyishyigikira
Ndizeye Samuel ahanganye na Mbonyumwami Thaiba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .