00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gianni Infantino yanambye ku masezerano ya Aramco yamaganywe n’abagore barenga 100

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 December 2024 saa 12:22
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yashimangiye ko ubufatanye bwayo na Aramco buzakomeza nubwo hari abagore barenga 100 banditse basaba ko imikoranire ihagarara kuko iyi sosiyete iri mu gihugu kitubahiriza ihame ry’uburinganire.

Muri Mata uyu mwaka ni bwo FIFA yatangaje ko yinjiye mu masezerano na Aramco yo kuzaba umuterankunga mu Gikombe cy’Isi cy’Abagabo mu 2026 ndetse n’icy’abagore cya 2027.

Mu Ukwakira, abakinnyi b’abagore 106 bishyize hamwe bandikira FIFA bayisaba ko yahagarika amasezerano ifitanye n’ikigo cy’ubucukuzi bwa petelori muri Arabie Saoudite (Aramco).

Aba bose bagaragaza ko Arabie Saoudite idakwiriye guhabwa ijambo muri aya marushanwa akomeye kuko ikibangamira abagore n’abaryamana bahuje igitsina kandi umupira w’amaguru wagakwiriye kuba uwa bose.

Infantino yasobanuye ko hari inyungu nyinshi iri shyirahamwe rikura mu masezerano nk’aya kandi akagirira inyungu ruhago muri rusange.

Ati “FIFA izashyigikira uburyo bwose bushoboka kugira ngo irusheho kuzamura ibendera ry’umupira w’amaguru ku Isi, ari naho haziramo gusinyana amasezerano n’ibigo bitandukanye. Ibi bituma amashyirahamwe dufite agera kuri 211 arushaho kubaho neza.”

“Kuba [Aramco] izafasha igikorwa cyo ku rwego rwo hejuru nka kiriya, bizadufasha gushyigikira gahunda ziteza imbere umupira w’amaguru uhereye hasi.”

Si ubwa mbere FIFA idashyigikiwe ku masezerano na Arabie Saoudite kuko no mu mwaka ushize wa 2023 yashatse kujya yamamaza ubukerarugendo bw’iki gihugu binyuze muri gahunda ya Visit Saudi, ariko iterwa utwatsi.

Gianni Infantino avuga ko FIFA itazahagarika gushyigikira abaterankunga b'umupira w'amaguru
Aramco ni yo sosiyete ifite agaciro kanini ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .