Ni umukino wabereye kuri Stade ya Bugesera, ku wa Gatanu, tariki 3 Gashyantare 2023. Ni uwa mbere Gasogi United yatahanyemo amanota atatu yuzuye imbere ya Gorilla FC mu nshuro amakipe yombi amaze guhura.
Gorilla FC yatangiye isatira Gasogi United ndetse abakinnyi bayo bahererekanya umupira neza cyane ariko kureba mu izamu bikomeza kuba ikibazo.
Gasogi United yatangiye kwinjira mu mukino ariko uburyo rutahizamu Ravel Maxwell Djoumekou yabonaga akabupfusha ubusa.
Ku munota wa 30, Sindambiwe Protais yatunguje Umunyezamu Cuzuzo Aimé Gaël ishoti rikomeye ariko aba maso, umupira awushyira muri koruneri.
Johnson Adeaga yahererekanyije iyo koruneri na Duru Mercy, bayihindura imbere y’izamu, Habimana Yves ashyiraho umutwe atsinda igitego cya mbere ku munota wa 31.
Gorilla FC yagumye gusatira bikomeye ndetse itsinda gitego cya kabiri ariko umusifuzi w’igitambaro avuga ko habayemo kurarira.
Umukino wakomeje gukinirwa hagati mu kibuga, amakipe yombi ahererekanya neza, ibintu byatumaga koruneri ziba nke muri uyu mukino.
Igice cya mbere cyarangiye Gorilla FC iri imbere ya Gasogi United ku gitego 1-0.
Gasogi United yasubiye mu Gice cya Kabiri isatira bikomeye ishaka kwishyura igitego ariko coup franc Malipangou yahawe ayitera hejuru.
Iyi kipe yakomeje gukora impinduka zitandukanye, bidatinze ku munota wa 58 Maxwell Djoumekou yishyura igitego ku ishoti rikomeye yateye umunyezamu Matumele Arnaud ntiyamenya aho umupira unyuze.
Gorillla FC na yo yahise itangira gukora impinduka, Sindambiwe Protais asimburwa na Twizerimana Onesme, iyi kipe yongera kuyobora umukino.
Ku munota wa 64, Nshimiyimana Tharcisse yazamukanye umupira neza, awucomekera Habimana Yves ariko ahusha igitego cyabazwe nyuma yo gusigarana wenyine n’Umunyezamu Cuzuzo ariko umupira awutera hejuru y’izamu.
Uyu musore yahise asimburwa na Bobo Camara wari uje kongera imbaraga mu busatirizi bwa Gorilla FC yashakaga igitego cya kabiri ngo icyure amanota atatu yamenyereye kuri iyi kipe.
Mu minota ya nyuma Gasogi yongeye kuyobora umukino isatira bikomeye ariko inahusha uburyo bwinshi bwabonwaga na Niyongira Danny.
Malipangou yazamukanye umupira yihuta cyane, atungura umunyezamu Mutembele amutera ishoti ari hanze y’urubuga rw’amahina umupira awushyira muri koruneri itagize icyo ibyara.
Uyu musore yongeye guhusha uburyo bukomeye ari wenyine, ku mupira wari uhinduwe neza imbere y’izamu na Bugingo Hakim ku munota wa 84.
Ku munota wa 90 nyuma yo kugerageza uburyo bwinshi ariko bikanga, Malipangou yatsinze igitego cya kabiri cya Gasogi United ku mupira yahinduriwe imbere y’izamu na Bugingo atera ishoti umunyezamu Mutembele ntiyarikurikira.
Nyuma y’iminota ine y’inyongera, Gasogi United yatsinze Gorilla FC bwa mbere mu mateka ibitego 2-1.
Mu mikino ine yaherukaga guhuza amakipe yombi, Gorilla FC yatsinzemo itatu, inganya umwe.
Gasogi United kugeza ubu ni yo yafashe umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona by’agateganyo n’amanota 35 mu gihe iyi kipe yambara Ubururu n’Umweru yagumye ku mwanya 11 n’amanota 22.
Ku wa Gatanu, Shampiyona y’u Rwanda yakomeje hakinwa umunsi wa yo wa 18.
Igice cya mbere cy’umukino wabimburiye indi cyasojwe Gorilla FC yatsinze Gasogi United igitego 1-0, cyinjijwe na Habimana Yves ku munota wa 31. pic.twitter.com/OkjvEEGzVy— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 3, 2023
VIDEO: Gasogi United yatsinze Gorilla FC ibitego 2-1, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw'agateganyo rwa Shampiyona. Reba uko ibitego byose byinjiyemo. pic.twitter.com/HHMNpiWDLF
— IGIHE Sports (@IGIHESports) February 3, 2023
Uko imikino y’Umunsi wa 18 iteganyijwe:
Ku wa Gatandatu, tariki 4 Gashyantare 2023
- AS Kigali vs Police FC [Bugesera Stadium, saa 15:00]
- Rutsiro FC vs Mukura VS [Umuganda Stadium, saa 15:00]
- Sunrise FC vs APR FC [Ntagatare Stadium, saa 15:00]
Ku Cyumweru, tariki 5 Gashyantare 2023
- Rayon Sports Vs Kiyovu Sports [Muhanga Stadium, saa 15:00]
- Espoir FC vs Bugesera FC [Rusizi Stadium, saa 15:00]
- Marines FC vs Rwamagana City [Umuganda Stadium, saa 15:00]
- Musanze FC vs Etincelles FC [Ubworoherane Stadium, saa 15:00]






TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!