00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasogi United yahize kwihimura kuri APR FC ishinja kuyiba mu cy’Amahoro

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 12 March 2025 saa 05:57
Yasuwe :

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United Kakoza Nkuliza Charles ari kumwe na Kapiteni w’ikipe Muderi Akbar n’umutoza batangaje ko bazakoresha umukino w’umunsi wa 21 wa Shampiyona bihimura kuri APR FC yabasezereye mu gikombe cy’Amahoro "itabarusha".

Ibi byatangarijwe mu kiganiro n’itangazamakuru iyi kipe yakoze kuri uyu wa Gatatu itegura uyu mukino uzaba ku wa Gatanu saa Moya z’umugoroba muri Kigali Pelé Stadium, aho aya makipe yombi yaherukaga guhura mu gikombe cy’Amahoro, ubwo APR FC yasezereraga Gasogi ku gitego 1-0 mu mikino yombi.

Uburyo uyu mukino wagenze ngo ntabwo byanyuze abo muri Gasogi United, aho ku bwabo iyi kipe ari yo yari bukomeze muri ½ cy’irangiza kuko yatsinze ibitego “byinshi” abasifuzi bakabyanga.

Umuyobozi w’iyi kipe Kakoza Nkuliza Charles yatangaje ko ari byo bahereyeho bavuga ko umukino wo ku wa Gatanu ari umukino wo kwihorera.

Ati: “Turashaka kwihorera kuri APR FC kuko itadusezereye mu gikombe cy’Amahoro ahubwo twakuwemo n’abasifuzi. Dufite ibishoboka byose bizatuma tuyitsinda.”

Kapiteni w’iyi kipe Muderi Akbar uheruka guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Burundi, na we yunze mu rya Perezida we KNC avuga ko uko byagenda kose bagomba gutsinda APR FC kuko ari ikipe itabagora.

Yagize ati: “APR FC ni ikipe dushobora muri iyi myaka ishize haba mu mayeri y’umukino n’imbaraga. Twiteguye kuyitsinda ku wa Gatanu.”

Gasogi izakina uno mukino idafite Nshimirimana Marc Govin wahagaritswe burundu muri iyi kipe ndetse na Kabanda Serge bose kubera imyitwarire idahwitse.

Iyi kipe y’umutoza Ghyslain Bienvenue Tchiamas ikaba iza ku mwanya wa cyenda n’amanota 25 mu gihe APR FC bazahura ari iya Kabiri n’amanota 41, amanota abiri inyuma ya Rayon Sports iza ku mwanya wa mbere.

Muderi Akbari yavuze ko APR FC ari ikipe iborohera nubwo kugeza ubu batari bayikuraho intsinzi
Gasogi United ngo yiteguye kugaragaza indi sura ku wa Gatanu
APR FC yaherukaga gusezerera Gasogi United mu gikombe cy'Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .