Iki cyicaro kizaba kimeze nk’ikindi cya FIFA kiba i Paris, gifatwa nk’ikizagira uruhare mu kuzamura ibijyanye na tekinike n’imiyoborere ku mashyirahamwe ya ruhago ndetse no kuzamura urwego rw’umukino ku Mugabane wa Afurika.
Perezida wa FIFA, Gianni Infantino; Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Bwami bwa Maroc (FRMF), Fouzi Lekjaa na Aziz Akhannouch wari uhagarariye Guverinoma ya Maroc, ku wa Mbere bashyize umukono ku masezerano yemerera uru rwego ruyobora ruhago ku Isi kugira icyicaro gihoraho mu Mujyi wa Rabat.
Infantino yashimiye kandi Maroc iheruka gutsinda ku busabe bwo kwakira Igikombe cy’Isi cya 2030, yongeraho ko yishimiye kuba “mu gihugu cye, Maroc, no ku mugabane we, Afurika.”
Perezida wa CAF, Patrice Motsepe, na we yashimiye Umwami Mohammed VI, guverinoma ya Maroc, abatuye iki gihugu na FRMF ku bwo guteza imbere umupira w’amaguru.
FIFA yaherukaga gushyira icyicaro nk’iki i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Icyicaro cyo muri Maroc kizashyigikira kandi imyiteguro yo kwakira Igikombe cy’Isi cya 2030 ku bufatanye bw’Abanya-Maroc n’abandi baturutse hirya no hino.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!