00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yicaje Kiyovu Sports ku meza yaganiriweho iby’ikibazo cy’abafana batutse Salima

Yanditswe na Ntare Julius
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 11:30
Yasuwe :

Abayobozi ba Kiyovu Sports FC batumijweho igitaraganya n’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, hagamijwe kubamenyesha imiterere y’ibyavuye muri raporo ya Komiseri ku kibazo cy’imyitwarire y’abafana b’iyi kipe bibasiriye Umusifuzi Mpuzamahanga, Mukansanga Salima.

Abitabye Ferwafa ni Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana uzwi nka “Général”, Visi Perezida Mbonyumuvunyi Abdul Karim na Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Mutarama 2023 saa Tanu n’Igice nibwo bageze ku Cyicaro cy’iri Shyirahamwe, aho bakiriwe n’Akanama gashinzwe Imyitwarire muri FERWAFA.

Mu biganiro bagiranye, abayobozi ba Kiyovu Sports babajijwe niba ibyo bavugwaho ari byo cyane ko nabo bari babifiteho amakuru.

Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana, yahamirije IGIHE ko bemereye FERWAFA ko hakozwe amakosa bitewe n’amarangamutima y’abafana.

Yagize ati “Kwari ukuganira kugira ngo batumenyeshe niba ibyo badutekerezaho ari byo, niba kandi tunemera ko abo bafana bacu basagariye umusifuzi. Batweretse raporo zatanzwe n’abari bashinzwe umutekano ku kibuga ndetse n’izindi.”

“Icyo twagombaga gukora ni ugusaba imbabazi mu rwego rwa Kiyovu Sports, kuko ibyo baturegaga babifitiye ibibyerekana ndetse n’amashusho.”

Ndorimana yongeyeho ko bagaragarije ubuyobozi bwa FERWAFA ko ibyakozwe n’abafana nta ruhare ubuyobozi bubifitemo, kandi ko ababigizemo uruhare bose hari ibihano bateganyirijwe.

Yamaze impungenge abakunzi ba Kiyovu Sports ko nta bihano ikipe yigeze ihabwa. Yavuze ko atari na yo ntego nyamukuru yabahuje n’abayobozi ba FERWAFA kuko ibya ngombwa ubuyobozi bw’ikipe bwabikoze.

Yakomeje ati “Impande zombi zaganiriye ariko nta birebana no gufatirwa ibihano byarimo. Twebwe twafashe intambwe ya mbere duhana abafana bacu, kandi iyi ni siporo nta guhangana kurimo. Baramutse bahannye ikipe byaba bibaye nko guhangana.”

Nyuma kugaragariza ubuyobozi ko hari ibyakozwe ndetse hari n’icyo amategeko ateganya, basabwe kugenda bagategereza umwanzuro uzava mu byo baganiriye.

Kiyovu Sports iri mu bibazo yinjijwemo n’abafana bayo batutse Umusifuzi Mukansanga Salima ku mukino w’Umunsi wa 16 wa Shampiyona ikipe yabo yanganyijemo na Gasogi United 0-0.

Uwo munsi Umusifuzi mpuzamahanga Mukansanga Salima yatutswe n’abafana kugeza n’aho bashaka kumusagarira kubera ibyemezo bimwe na bimwe bagaragaje ko bitabanyuze.

Indi nkuru wasoma: Perezida wa Kiyovu SC yahamagajwe na FERWAFA ku bw’abafana batutse Mukansanga Salima

Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal yagereye rimwe kuri FERWAFA na Visi Perezida wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim
Aba bayobozi bombi bageze kuri FERWAFA ahagana saa Tanu n'Igice z'amanywa
Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana, yageze ku biro bya FERWAFA nyuma y'abandi bayobozi bakorana
Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana asuhuzanya na mugenzi we Mvukiyehe uyobora Kiyovu Sports Ltd
Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana, yahishuye ko hari abafana bafatiwe ibihano bikakaye
Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana; Visi Perezida w'Ikipe, Mbonyumuvunyi Abdul Karim na Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal, bamwenyuye nyuma yo kumenya ko nta bihano bafatiwe
Usibye abayobozi ba Kiyovu Sports, kuri FERWAFA hari n'Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick, wakuriranaga ibibazo by'ikipe ye byo kwemererwa kwandikisha abakinnyi. Aha ari gusuhuzanya n’Umunyamategeko w'Ishyirahamwe Nyarwanda rya Ruhago, Karangwa Jules mu gihe Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal ari kubareba
Perezida wa Kiyovu Sports, Jean François Régis Ndorimana, ubwo yari atashye avuye mu biganiro na FERWAFA ku myitwarire y'abafana b'ikipe ayoboye
FERWAFA yatumije ubuyobozi bwa Kiyovu Sports ngo butange ibisobanuro ku bafana bayo batutse, banasagarira Umusifuzi Mukansanga Salima

Amafoto: Ntare Julius


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .