00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yavuze ku hazaza ha Torsten Spittler mu Amavubi

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 January 2025 saa 08:22
Yasuwe :

Perezida w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), Alphonse Munyantwali, yashyize umucyo ku masezerano y’Umutoza w’Amavubi, Torsten Frank Spittler, atanga icyizere ko ashobora kongerwa.

Umudage Torsten Frank Spittler yahawe akazi mu IKipe y’Igihugu y’u Rwanda mu Ugushyingo 2023, akaba yarashyize akadomo ku masezerano ye y’umwaka umwe tariki ya 31 Ukuboza 2024.

Uyu mugabo wahinduye byinshi mu Ikipe y’Igihugu ndetse akigarurira imitima y’abakunzi benshi ba ruhago, kugeza na n’ubu ntabwo arashyira umukono ku masezerano, aho avuga ko ibyo FERWAFA ishaka ko akurikiza mu kazi ke bidahuye n’ibyo yifuza.

Mu kiganiro Munyantwali yagiranye na B&B Kigali FM, yagaragaje ko mu gihe cya vuba haza gutangazwa ibyavuye mu biganiro bikomeje hagati ya FERWAFA na Spittler.

Ati “Nk’uko yabivuze yifuza amasezerano, iyo ubirebye ukareba ahantu twari tugeze n’imikino yari isigaye, hari hakiri kare cyane. Amasezerano akurikira andi ntabwo yinjira mu yandi ariko ibiganiro byo biba bigomba kubaho. Iyo ni yo mpamvu kugeza uyu munsi tutarasinyana ngo tubirangize kubera ko turi mu biganiro.”

“Ndizera ko tutaza kumara icyumweru tudafashe icyemezo. Gusa iyo muganira hazamo n’amafaranga, umuntu akavuga ayo yabona bitewe n’ibihe arimo. Ni byinshi turimo kandi tuzagera ku mwanzuro mu gihe kitarambiranye byaba amahire tugakomezanya, ariko mu gihe muganira ntiwavuga ko byanze bikunze bikunda. Guha umuntu amasezerano muri Nzeri ntibyari byo twari kuba twihuse.”

Nubwo yatangaje aya magambo ariko hari andi makuru avuga ko uyu mugabo wasabye gusubira iwabo mu minsi mikuru, adafite gahunda yo kongera amasezerano mu Ikipe y’u Rwanda, ahubwo ashaka kujya mu biruhuko by’izabukuru.

Torsten aheruka mu Amavubi atsindira Nigeria iwayo ibitego 2-1 mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, akaba amaze kugeza Ikipe y’u Rwanda ku mwanya wa 124 yarayikuye ku wa 130, akaba yaranatumye kugeza ubu Amavubi ayoboye mu gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Torsten Frank Spittler ntarongera amasezerano mu Amavubi
Munyantwali Alphonse yavuze ko ibiganiro birimbanyije hagati ya FERWAFA na Torsten Spittler

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .