00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yasabwe kongera ibihembo ku makipe yitwaye neza

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 February 2025 saa 04:54
Yasuwe :

Abanyamuryango b’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), basabye ko amafaranga ahabwa amakipe yegukanye ibikombe yiyongera kuko ari make ugereranyije n’imbaraga ziba zashowemo.

Ibi ni bimwe mu byaganiriweho mu Nteko Rusange idasanzwe ya FERWAFA yateranye ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Gashyantare 2025, ibera mu Mujyi wa Kigali.

FERWAFA yagaragarije Abanyamuryango ko mu mwaka wa 2025, izakoresha arenga miliyari 15 Frw, harimo miliyoni 106 Frw zo guhemba amakipe mu byiciro binyuranye na miliyoni 67 Frw z’ibikombe n’imidali.

Mbere y’uko iyi ngengo y’imari yemezwa, Perezida wa Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, yasabye ijambo agaragaza ko hakiri ikibazo ku mafaranga y’ibihembo mu marushanwa ya FERWAFA.

Ati “Iyo tumaze umwaka dukina, twajya gutanga ibihembo ukabona ni miliyioni 25 Frw kandi umuntu yaratanze menshi. No ku Gikombe cy’Amahoro murebe uko mubigenza rwose.”

Yakomeje agira ati “Ubushize nagize Imana ngera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ngiye kubona mbona bampaye miliyoni 5 Frw. Ntabwo bikwiye murebe uko mubikoraho muri bwa buryo bwanyu nk’abakora mu mafaranga.”

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yasubije iki kibazo avuga ko kizwi kandi kiri gushakirwa umuti.

Ati “Turabibona ko amafaranga ari make kandi akwiriye kongerwa. Hamwe na Rwanda Premier League, turizera ko hari ikizakorwa kandi hakaboneka ibihembo bifatika.”

Mu busanzwe, ikipe yatwaye Shampiyona y’u Rwanda ihabwa miliyoni 25 Frw, mu gihe iyatwaye Igikombe cy’Amahoro ihabwa miliyoni 12 Frw.

Kugeza ubu Rwanda Premier League igeze ku Munsi wa 16, aho Rayon Sports FC iyoboye n’amanota 37, igakurikirwa na APR FC ya 34, mu gihe Kiyovu Sports ya nyuma ifite 12 gusa.

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yijeje abanyamuryango ko hazaboneka igisubizo ku bihembo
Chairman wa Rwanda Premier League, Mudaheranwa Yusuf, azakorana na FERWAFA hongerwe ibihembo by'amakipe yitwaye neza muri Shampiyona
Abanyamuryango ba FERWAFA bahuriye mu Nteko Rusange idasanzwe
Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, ashimangira ko ibihembo ku makipe yitwaye neza bikiri hasi
Chairman wa APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa ari mu bitabiriye Inteko Rusange idasanzwe ya FERWAFA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .