00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA yahagaritse Bwiriza Nonati wasifuye umukino wa Rayon Sports na Mukura VS

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 05:18
Yasuwe :

Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda, FERWAFA, ryahagaritse umusifuzi Bwiriza Nonati imikino itandatu kubera kwanga igitego cya Rayon Sports ku mukino wayihuje na Mukura VS.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’iminsi irindwi FERWAFA yijeje ubutabera abafana ba Rayon Sports bababajwe n’igitego cyanzwe mu mukino iyi kipe yanganyijemo na Mukura Victory Sports 1-1 kuri Stade ya Huye.

Aya makipe yombi yakinaga umukino w’Umunsi wa 17 wa Shampiyona, icyo gihe wari wakiriwe na Mukura ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Mutarama 2023.

Igice cya mbere kijya kurangira, ku munota wa mbere muri ibiri yari yongereweho ku minota 45, Umunyezamu Sebwato Nicholas yakuyemo umupira, rutahizamu w’Umunya-Mali, Moussa Camara, awusubiza mu izamu, inshundura ziranyeganyega.

Umusifuzi wo ku ruhande Bwiriza Nonati yahise azamura igitambaro yerekana ko habayeho kurarira, igitego cyangwa gutyo. Mu mashusho yaje kusakara hose nyuma y’uko gitego cyanzwe, yagaragaje ko hatigeze habaho kurarira.

Umwe mu bakunzi ba Rayon Sports abicishije ku rubuga rwa Twitter, Munyakazi Sadate, yagaragaje agahinda ke, ariko Umunyamabanga wa FERWAFA, Muhire Henry, amwizeza ko ubuyobozi burajwe ishinga n’icyo kibazo.

FERWAFA nyuma yo gukurikirana ikibazo yahanishije Umusifuzi Bwiriza Nonati kumara imikino itandatu.

Bwiriza ntazaboneka mu mikino itandatu mu marushanwa yose ategurwa na FERWAFA.

Uyu musifuzi si ubwa mbere ahanwe kubera amakosa yakoze mu kazi kuko no mu mwaka ushize, yoherejwe gusifura muri Shampiyona y’Abagore nyuma y’amakosa yakoze.

Umusaruro Rayon Sports FC yakuye ku mukino yanganyijemo na Mukura VS, wayisize ku mwanya wa Kane ari wo iriho kugeza ubu n’amanota 33 kuko yongeye kunganya na Kiyovu Sports nyuma yaho.

Indi nkuru wasoma: FERWAFA yijeje ubutabera Aba-Rayons bashengukiye i Huye

FERWAFA yahagaritse Bwiriza Nonati wanze igitego cya Rayon Sports ku mukino wayihuje na Mukura Victory Sports
Igitego cya Rayon Sports cyanzwe bivugwa ko Moussa Camara yari yaraririye
Luvumbu Heritier yabwiye nabi umusifuzi wa kane nyuma y'uko bangiwe igitego cyatsinzwe na Moussa Camara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .