00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

FERWAFA iteganya kugira radiyo na televiziyo, izakoresha miliyari 15,2 Frw mu 2025

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 10 February 2025 saa 07:20
Yasuwe :

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) riteganya ko muri uyu mwaka wa 2025 rizakoresha ingengo y’imari ingana na 15.297.147.920 Frw.

Biteganyijwe ko mu ngengo y’imari yagenwe, miliyari 7,96 Frw azakoreshwa mu bikorwa bijyanye n’amarushanwa no guteza imbere umupira w’amaguru, miliyari 2,53 Frw agakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA birimo no guhemba abakozi mu gihe andi miliyari 4,79 Frw azaba igishoro mu bikorwa birimo kubaka ibibuga bine no gushinga radiyo na televiziyo by’iri Shyirahamwe.

Muri ayo mafaranga yagenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago ni ho hakubiye miliyari 4,98 Frw azagenerwa amakipe y’Igihugu azitabira amarushanwa atandukanye mu 2024 arimo imikino ya CECAFA, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 n’icy’Isi cya 2026.

Mu 2024, FERWAFA yari yateganyije ko izakoresha ingengo y’imari ingana na 9.932.725.243 Frw arimo miliyari 2,41 Frw agenewe amakipe y’Igihugu.

Tariki ya 1 Gashyantare 2025 ni bwo FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama y’Inteko Rusange Idasanzwe yari kubera muri Radisson Blu ku wa 15 Gashyantare, ariko yimurirwa muri Marriott Hotel.

Ubwo ku wa 8 Gashyantare, abanyamuryango bamenyeshwaga ko aho izabera hahindutse, babwiwe ko ibizaba biri ku murongo w’ibyigwa ari ukwemeza gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025 no kwemeza ingengo y’imari y’umwaka wa 2025.

Hari kandi amatora y’abagize inzego zigenga za FERWAFA [Komisiyo y’Ubujurire y’Amatora] no gushyiraho abagize Komisiyo y’Ubujurire, Komisiyo y’Imyitwarire na Komisiyo y’Ubujurire itanga ibyangombwa by’amakipe.

FERWAFA irateganya gukoresha ingengo y'imari ya miliyari 15,2 Frw mu 2025
Amakipe y'Igihugu yanegewe miliyari 4,98 Frw mu marushanwa atandukanye azitabira muri uyu mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .