00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Etincelles FC yatangije uburyo bwo kubarura abafana bayo

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 9 Werurwe 2023 saa 03:05
Yasuwe :

Ikipe ya Etincelles FC yo mu Karere ka Rubavu yashyizeho uburyo bwo kubarura abafana bayo, aho bizajya bikorwa hifashishijwe uburyo bwa *508*7#.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’iyi kipe, yavuze ko yasinyanye amasezerano n’Ikigo cya Esicia Ltd gisanzwe gitanga serivisi zo kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga biciye ku rubuga Pay.rw na *508*7#.

Yakomeje igira iti "Aya masezerano agamije gushyiraho uburyo bwo kwandika no kubarura abakunzi ba Etincelles FC bari mu gihugu bikorewe ku ikoranabuhanga, gushyiraho ibyiciro by’abakunzi ndetse n’imisanzu bishyura, kubaka urubuga rwa internet rw’ikipe ndetse no kurushyiraho uburyo bufasha abakunzi ba Etincelles FC bari mu mahanga kwishyura imisanzu n’ibindi.”

Muri ubu buryo bwatangijwe tariki ya 8 Werurwe 2023, abakunzi ba Etincelles FC bari mu Rwanda bashobora kwiyandikisha binyuze kuri *508*7# aho ku ikubitiro buri muntu wiyandikisha asabwa gutanga umusanzu w’amafaranga 300 ajya kuri konti y’Ikipe ya Etincelles FC.

Abakunzi ba Etincelles FC kandi bashobora kugura no kwishyura serivisi zitandukanye nko kwishyurira umuriro, amazi, ifatabuguzi rya televiziyp, maze Etincelles FC igahabwa umugabane ku byinjijwe.

Perezida w’iyi kipe, Ndagjimana Enock, yavuze ko ubu buryo bwashyizweho bugamije kubyaza umusaruro umupira iyi kipe ikina, abakunzi bayo bakayishyigikira.

Ati "Twishimiye gusinya aya masezerano na Esicia nk’ikigo kizobereye mu kwishyurana biciye ku ikoranabuhanga. Umupira ugezweho ni igicuruzwa tugomba kubyaza umusaruro. Ubutunzi bukomeye dufite ni abakunzi ba Etincelles FC ari nayo mpamvu twifuje gushyiraho ubu buryo kugira ngo biyandikishe, tubamenye bityo tubashe no kubategurira gahunda zibanogeye cyane cyane uhereye mu mwaka utaha w’imikino."

Etincelles FC iri ku mwanya wa karindwi n’amanota 34, izasubira mu kibuga ku Cyumweru tariki ya 12 Werurwe ubwo izaba yakiriye Kiyovu Sports mu mukino w’Umunsi wa 23 wa Shampiyona.

Etincelles FC yashyizeho uburyo buzayifasha kumenya abakunzi bayo na bo bakabasha kuyishyigikira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .