00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Etincelles FC yasubije Seninga Innocent mu kazi

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 12 May 2025 saa 06:30
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Etincelles FC bwasubije mu kazi Umutoza Seninga Innocent kugira ngo azatoze imikino itatu isigaye.

Hari hashize iminsi 12 iyi kipe y’i Rubavu ihagaritse uyu mutoza yashinjaga imyitwarire mibi.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Perezida wa Etincelles FC, Ndagijimana Enock, yemeje ko bamaze gusubiza mu kazi Umutoza Seninga.

Ati “Yego ni byo, twamugaruye mu kazi. Ni umutoza mwiza kandi turizera ko azakomeza kudufasha. Twaraganiriye, ibyo tutumvikanagaho yemeye ko azabikosora.”

Etincelles FC yatsinzwe na Gorilla FC ibitego 2-1 kuri uyu wa Mbere, ni iya 10 n’amanota 32, aho irusha amanota atatu Amagaju FC ya 15, iri munsi y’umurongo utukura.

Imikino itatu isigaye kuri iyi kipe y’i Rubavu ni uwo izasuramo AS Kigali, uwo izakiramo Bugesera FC ndetse n’undi izasuramo Police FC i Kigali.

Seninga Innocent yageze muri Etincelles FC muri Mutarama, nyuma yo gutandukana na Gendarmerie Nationale FC yo muri Djibouti.

Ni ku nshuro ya gatatu yari asubiye muri iyi kipe nyuma ya 2016 na 2019. Andi makipe yatoje ni Police FC, Bugesera FC, Musanze FC na Sunrise FC.

Yabaye kandi Umutoza Wungirije mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ ndetse ajya yifashishwa n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu guhugura abandi batoza.

Etincelles FC yasubije Seninga Innocent mu kazi nyuma y'iminsi 12 imuhagaritse by'agateganyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .