Ubwo yabazwaga na Times Radio ikorera mu Bwongereza niba umuhungu we ashobora kugura ikpe y’umupira w’amaguru, ikiyongera mu yindi mitungo myinshi afite, Errol yasubije ko bishoboka.
Errol Musk yavuze ko uretse kuba Elon Musk yakwifuza kugura Liverpool, n’abandi babifitiye ubushobozi babyifuza.
Uyu mubyeyi yasobanuye kandi ko umuryango wabo ufite aho uhuriye n’umujyi wa Liverpool, kubera ko nyirakuru wa Musk witwa Cora Amelia Robinson yawuvukiyemo, nyuma aza kwimukira muri Afurika y’Epfo.
Errol yagaragaje ko afite impungenge zo kuba ikigo Fenway Sport Group gishobora kuzamura ibiciro, bikaba byagorana umuhungu we ushaka kuyigura. Na cyo cyayiguze mu 2010 kuri miliyoni 300 z’Amayero.
Umuyobozi wa Liverpool, John Henry yavuze ati “Liverpool ntagurishwa. Ntabwo turakira ubusabe bw’abifuza kugura ikipe yacu harimo na Elon Musk ndetse n’abagize umuryango we.”
Yakomeje avuga ko “Mu myaka ibiri n’igice iheruka, twigeze gushaka abashoramo imari ariko nta kintu cyavuye muri byo biganiro.”
Elon Musk w’imyaka 53 ni we muherwe wa mbere ku Isi kuko afite umutungo mbumbe ubarirwa muri miliyari 340 z’Amadolari ya Amerika. Mu 2022 yigeze gutangaza ko ashaka kugura na Manchester United.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!