Muri Nyakanga 2024, ni bwo Dylan yatandukanye na FS Jelgava yo mu Cyiciro cya Mbere muri Latvia nyuma y’uko iyi kipe inaniwe kubona amanota ayigumisha muri iki cyiciro.
Akimara gutandukana na yo yahise atangira gushaka uko isoko ry’abakinnyi ryo muri Mutarama 2025 ritamucika, atangira kuganira n’amakipe atandukanye by’umwihariko ay’i Burayi.
Ku ikubitiro yahise ajya muri Spartanii Sportul yo mu Cyiciro cya Mbere muri Moldova, ariko arimbanyije ibiganiro bimwerekeza muri Dinamo București yo muri Romania.
Dylan w’imyaka 22 yakiniye andi makipe arimo Waasland Beveren yo mu Bubiligi, Amadora na Sintrense yo muri Portugal, Alki Oroklini yo muri Chypre na NK Tolmin yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Slovenia.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!