00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cyaba ari igihombo kuri twe inshuro ebyiri - Perezida wa Rayon Sports avuga ku mukino wa APR FC (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 7 March 2025 saa 11:04
Yasuwe :

Mu gihe APR FC na Rayon Sports zikomeje kwitegura umukino uzazihuza ku Cyumweru, impande zombi zikomeje guhiga aho Perezida wa Gikundiro, Twagirayezu Thaddée yavuze ko kudatsinda Ikipe y’Ingabo cyaba ari igihombo inshuro ebyiri.

Uyu mukino w’abakeba bahanganira ibikombe mu Rwanda, uteganyijwe ku Cyumweru, Saa Cyenda kuri Stade Amahoro. Uzaba ari Umunsi wa 20 wa Shampiyona.

Nyuma yo gusezerera Gorilla FC mu Gikombe cy’Amahoro, Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yagaragaje kudatsinda APR FC nk’igihombo gikomeye.

Yagize ati “[Kudatsinda] cyaba ari igihombo kuri twe inshuro ebyiri, nshingiye ku buryo nizeye abakinnyi banjye.”

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko nk’ibisanzwe agahimbazamusyi kazaba kari hejuru ndetse ko ubu kataramenyekana kuko biterwa n’uko ibintu bihagaze.

Twagirayezu yasubizaga Niyibizi Ramadhan wa APR FC wari watangaje ko kudatsinda Rayon Sports cyaba ari igihombo kuko bahagaze neza kuyirusha.

Ati “Cyaba ari igihombo gikomeye kuri twe kudatsinda Rayon Sports. Utugereranyije turi hejuru yabo.”

Ntabwo ari aba gusa kuko n’aba-kapiteni ku mpande zombi imihigo ari yose.

Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yatangaje ko ku Cyumweru bazarara ku mwanya wa mbere.

Ati “Ntabwo turi ku mwanya wa mbere ariko ku mukino wo ku Cyumweru tugomba kurara ku mwanya wa mbere.”

Mugenzi we Muhire Kevin wa Rayon Sports yamusubije ko ibyo avuga ari kurota kuko bitazaba.

Ati “Icyiza gihari ni uko umwanya wa mbere bamaze kuwuraraho gusa reka dutegereze ku Cyumweru. Ibyo arimo ararota kuko ntabwo bizagerwaho.”

Uyu mukino w’ishiraniro ugiye guhuza abakeba, mu gihe Gikundiro imaze igihe ku mwanya wa mbere ifite amanota 42 irusha APR FC amanota abiri gusa.

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée yagaragaje kudatsinda APR FC nk’igihombo gikomeye
Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yijeje abafana bayo kuzarara ku mwanya wa mbere ku Cyumweru
Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin yagaragaje ko ibyo mugenzi we wa APR avuga ari kurota
Niyibizi Ramadhan yavuze ko kudatsinda Rayon ari igijombo gikomeye kuko bahagaze neza kuyirusha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .