00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Collins Kagame yasinyiye Stockport Town FC yo mu Bwongereza

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 December 2024 saa 11:36
Yasuwe :

Umunyarwanda Collins Kagame yerekeje muri Stockport Town FC yo mu Cyiciro cya Cyenda mu Bwongereza, ayisinyira amasezerano y’umwaka umwe.

Stockport Town FC imaze imyaka 10 gusa ibayeho, ni ikipe ibarizwa mu mujyi wa Woodley, ikaba yaratangiye ifite intego zo gukomeza kuzamuka no kuzamura impano z’abakinnyi.

Collins Kagame ukina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, yatangiye gukina kinyamwuga mu mwaka ushize wa 2024 ubwo yajyaga muri Oldham y’abatarengeje imyaka 18, ariko atandukana na yo nyuma y’amezi atatu gusa.

Nyuma yo kumara andi mezi nk’ayo nta kipe afite yahise ahabwa amahirwe muri Hyde United, yamazemo amezi atandatu akagaragara mu mikino itanu gusa.

Iyi na yo yayivuyemo mbere y’uko amasezerano y’umwaka yari afite arangira, asinya undi muri Stockport Town FC.

Uyu mukinnyi w’imyaka 18 afite ubwenegihugu bw’u Rwanda ndetse n’ubw’u Bwongereza, nta kipe y’igihugu n’imwe arakinira kugeza ubu.

Collins Kagame agiye gukinira Stockport Town FC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .