Amakuru IGIHE ifite ni uko isinya ry’uyu mukinnyi ryari rikomeye cyane ndetse ryabanje kugorana.
Nyuma y’aho Sandviken IF yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Sweden itangaje ko yatandukanye na Byiringiro, Rayon Sports yasamiye mu kirere iyi nkuru maze itangira kugirana ibiganiro na we.
Uyu mukinnyi yageze i Kigali kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Mutarama 2025 aje kuvugana na Gikundiro cyane ko ari na yo yamuhaye itike y’indege.
Ubwo yageraga ku Kibuga Mpuzahamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe yakiriwe na Mushimire Claude ushinzwe ibikorwa bibyara inyungu muri Rayon Sports.
Bahise berekeza ku i Rebero aho muri iyi minsi Rayon Sports iri gukorera. Gusa mu buyobozi bw’iyi kipe hari igice cyashakaga uyu mukinnyi n’ikindi kitamushaka.
Icyakora abakomeye muri Gikundiro bo bamushakaga ndetse Umuyobozi w’Urwego rw’Ikirenga rwa Rayon Sports, Paul Muvunyi na Perezida w’ikipe, Twagirayezu Thaddée bari bemeye kwishyura amafaranga yasabaga.
Mu masaha y’umugoroba Police FC yinjiye muri iri soko n’imbaraga nyinshi, abayobozi bayo bakuru batwara Byiringiro mu modoka bagirana ibiganiro, birangira bujuje ibyo yabasabaga ni ko gushyira umukono ku masezerano y’umwaka n’igice.
Icyakora, uyu mukinnyi afite akazi gakomeye ko kuzahanganira umwanya n’abakinnyi benshi Police FC isanganywe imbere barimo Mugisha Didier, Hakizimana Muhadjiri, Chukwuma Odi, Kirongozi Richard n’abandi.
Byiringiro yari amaze imyaka ibiri muri Sandviken IF yagezemo muri Mutarama 2023. Icyo gihe yasinye amasezerano y’imyaka ine gusa mu buryo bw’ubwumvikane, impande zombi ziherutse kwemeranya kuyasesa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!