00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byiringiro Lague ashobora gukinira Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 6 January 2025 saa 02:35
Yasuwe :

Nyuma yo gutandukana na Sandvikens IF yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Suède, Byiringiro Lague arimbanyije ibiganiro na Rayon Sports ishobora kuzamwifashisha mu mikino yo kwishyura.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 6 Mutarama 2024, ni bwo Byiringiro yageze mu Rwanda, yakirwa n’abarimo Mushimire Claude ushinzwe imishinga ibyara inyungu no gutegura ibikorwa bibyara inyungu muri Rayon Sports.

Muri Mutarama 2023, ni bwo Sandvikens IF yari mu Cyiciro cya Gatatu muri Suède yatangaje Byiringiro Lague nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ine yari igiye gukurikiraho, avuye muri APR FC yamushyize ku rwego rwo hejuru.

Rayon Sports yari yarifuje uyu rutahizamu ukina anyuze ku ruhande kuva kera, yamusabye kuyikinira imikino isigaye yo kwishyura ya Shampiyona, nubwo impande zombi zitaremeza ko yamaze gusinya.

Amakuru avuga ko Byiringiro Lague yasabye miliyoni 15 Frw kugira ngo asinye n’umushahara wa 2000$, agakinira Rayon Sports kugeza ku mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Iyi kipe yambara ubururu n’umweru ni yo iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 36, ikaba irusha amanota umunani APR FC iyigwa mu ntege.

Byiringiro Lague wahoze muri APR FC ashobora kwerekeza muri Rayon Sports
Byiringiro Lague aheruka gutandukana na Sandvikens IF

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .