Amakuru IGIHE yamenye avuga ko aba bombi bahagaritswe ndetse banakurwa mu mwiherero w’ikipe, kubera kwikanga ko Rayon Sports yazabanyuramo iyi kipe igatsindwa.
Ibi byabaye nyuma y’aho Rayon Sports yandikiye FERWAFA iyisaba kuzatoranya ubushishozi abasifuzi bazahabwa kuyobora umukino, bityo isaba abari mpuzamahanga bafite uburambe.
Uyu mukino w’Umunsi wa 28 wa Shampiyona, ufite ijambo ku ikipe izegukana Igikombe cya Shampiyona ndetse n’amakipe arwana no kutamanuka.
Rayon Sports iri guhatanira Igikombe cya Shampiyona iheruka mu 2019, mu gihe Bugesera FC itarizera kuzaguma mu Cyiciro cya Mbere.
Gikundiro iri ku mwanya wa mbere n’amanota 59, irusha inota APR FC ya kabiri, mu gihe Bugesera FC iri ku mwanya wa 11 n’amanota 31.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!