Iyi kipe yaciye amarenga yo kwibikaho Bizimana kuko yakoresheje ifoto yijimye ariko wayitegereza neza ukabona ko ari we.
Ibi byabaye nyuma y’aho Bizimana yari amaze gushimira Kryvbas Kryvyi Rih.
Yagize ati “Nzakumbura buri umwe. Mwarakoze ku nshyigikira ndetse n’ibihe twagiranye. Ndifuriza ikipe gukomeza gutsinda.”
Uyu mukinnyi yagiriye ibihe byiza muri Ukraine kuko muri uyu mwaka bakinnye amajonjora ya UEFA Europa League.
Icyo gihe, bari basoje ku mwanya wa gatatu muri shampiyona n’amanota 57.
Al Ahli Tripoli SC yerekejemo ni imwe mu makipe y’ubukombe muri Libya inagira abafana banshi cyane muri icyo gihugu.
Bizimana agiyeyo asanga mugenzi w’Umunyarwanda, myugariro Manzi Thierry ndetse n’umutoza Didier Gomes Da Rosa babanye muri Rayon Sports.
Bizimana Djihad w’imyaka 28 yazamukiye muri Etincelles FC yakinnyemo kugeza mu 2014 mbere yo kujya muri Rayon Sports yamazemo umwaka umwe, ahita ajya muri APR FC yakiniye imyaka itatu mbere yo kujya i Burayi.
I Burayi Bizimana yakiniye amakipe yo mu Bubiligi arimo Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu mbere yo kwerekeza muri KMSK Deinze yamazemo imyaka ibiri.
Iyi kipe niyo yavuyemo yerekeza muri Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine yakiniraga kugeza ubu.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!