Muhire Kevin yavuye mu kibuga ku munota wa 20, asimburwa na Iraguha Hadji, nyuma yo kugongana na myugariro wa Police FC, Issah Yakubu, ubwo yari ageze mu rubuga rw’amahina.
Uyu mukinnyi ntiyakoranye n’abandi imyitozo yo ku mugoroba wo ku wa Mbere, ndetse yari yambaye imyenda isanzwe ku kibuga mu Nzove.
Umuganga wa Rayon Sports, Mugemana Charles, yabwiye IGIHE ko imvune ya Muhire Kevin idakomeye uko babikekaga, ahubwo ari ivi ryabyimbye ku buryo ashobora gutangira imyitozo akorera ku ruhande.
Ati “Habayeho kugongana ivi ku rindi, yababaye hejuru y’ivi. Ntabwo ari ibintu bikomeye cyane, twamurebye ku myitozo, tubona nta bindi bizamini bikenewe. Ashobora guhina ivini, gutera ishoti, kuzamuka ingazi, aricara agahaguruka, nta bubabare afite, haracyabyimbye gato.”
Yongeyeho ati “Kugeza ku wa Gatatu tuzamenya niba ashobora gukina umukino utaha. Uyu munsi [ku wa Mbere] ntabwo yakoze, ejo [kuri uyu wa Kabiri] tuzamureka akorere ku ruhande gatoya, hanyuma dufate umwanzuro niba ku wa Gatatu yakorana n’abandi.”
📸𝐀𝐌𝐀𝐅𝐎𝐓𝐎📸
Omborenga Fitina, Nsabimana Aimable na Prince Elanga-Kanga bakoranye imyitozo na bagenzi babo kuri uyu wa Mbere.
Rayon Sports iri kwitegura umukino w'Umunsi wa 15 wa Shampiyona izakirwamo na Mukura VS ku wa Gatandatu. pic.twitter.com/H3qJYHz5GZ
— IGIHE Sports (@IGIHESports) January 6, 2025
Muhire Kevin ukina mu kibuga hagati afasha abasatira izamu, ari mu bakinnyi b’inkingi za mwamba Rayon Sports iri kugenderaho muri uyu mwaka w’imikino aho agira uruhare cyane mu bitego iyi kipe itsinda.
Gikundiro ya mbere n’amanota 36, izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu yakirwa na Mukura VS mu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona uzabera kuri Stade ya Huye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!