00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umutoza Ayabonga yavuze ku byo gukorana na Corneille muri Rayon Sports

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 16 February 2025 saa 04:08
Yasuwe :

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi ba Rayon Sports, Ayabonga Lebista, yatangaje ko ibyo gukorana na Hategekimana Corneille wasigaye mu kazi ubwo yari yaragiye, bigomba gufatwaho icyemezo n’ubuyobozi.

Uyu mutoza uheruka gusubizwa muri Rayon Sports igitaraganya nyuma y’ukwezi batandukanye, yabitangaje ku mukino batsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1.

Igaruka rye ryavuzweho byinshi kuko ubwo yagendaga, Gikundiro yahaye akazi Hategekimana Corneille ari na we umutoza mukuru, Robertinho yifuzaga.

Nyuma y’umukino wa Kiyovu Sports, abafana ba Rayon Sports baririmbye Ayabonga baramwishimira cyane ndetse bamwe bamupfumbatisha amafaranga.

Abajijwe uko yakiriye urukundo yeretswe n’abafana, Ayabonga yavuze ko byamurenze yabuze amagambo yabivugamo.

Ati “Ni ukwakirwa neza bidasanzwe, nabuze amagambo nakoresha biraryoshye cyane.”

Ubwo uyu mutoza yagendaga, byavuzwe ko atabanye neza n’umutoza mukuru, Robertinho, ibyo we ahakana.

Ati “Ntabwo mbizi kuko njye nagiye kubera impamvu z’umuryango ntabwo cyari ikibazo cy’abatoza.”

Abajijwe ku mikoranire ye na Corneille, Ayabonga yavuze ko ari icyemezo kizafatwa n’ubuyobozi bw’ikipe.

Ati “Bizaterwa n’ubuyobozi bw’ikipe. Nibuhitamo ko dukorana bizaba kuko twese dukorera ikipe ni yo nkuru singombwa njye, we cyangwa undi wese kuko Rayon Sports iraturuta twese.”

Ayabonga ni umwe mu batoza bazi kubana n’abakinnyi ndetse ugerageza kuba inshuti yabo, ibyo agaragaza ko bimufasha mu kazi ke.

Ati “Ni ingenzi cyane kuko iyo uri umutoza uba umeze nk’umubyeyi w’abakinnyi. Rimwe na rimwe rero hari ubwo ugera ku kigero cyo kuba inshuti yabo kuko hari itandukaniro ry’inshuti n’umutoza, rero ugomba kurema ubwo bwumvane.”

Rayon Sports ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 40, aho irusha atandatu APR FC ya kabiri, ifitanye umukino na AS Kigali, kuri iki Cyumweru.

Ayabonga yavuze ko ibyo gukorana na Hategekimana Corneille wari wamusimbuye ari icyemezo kizafatwa n'ubuyobozi
Ayabonga ni umwe mu batoza b'inshuti n'abakinnyi
Hategekimana Corneille yashyizwe ku ruhande ubwo Ayabonga yasubiraga muri Rayon Sports

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .