00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Robertinho yavuze ko bibabaje kuba Muhire Kevin atazakina umukino wa Mukura VS

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 9 January 2025 saa 09:58
Yasuwe :

Umutoza wa Rayon Sports, Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ’Robertinho’ yavuze ko bibabaje kuba azasura Mukura VS adafite Kapiteni we, Muhire Kevin, nubwo hari abandi bazafata inshingano ze.

Uyu mutoza yabigarutseho mu myitozo ibanziririza iya nyuma yabaye ku wa Kane, tariki ya 9 Mutarama 2025 mu Nzove.

Ni imyitozo yitabiriwe n’abakinnyi hafi ya bose ba Rayon Sports uretse Muhire Kevin ufite imvune wari kumwe na Mugisha François na Musa Madjaliwa wari witaruye abandi.

Muhire Kevin yavunikiye mu mukino, Rayon Sports yatsinze Police FC ibitego 2-0 bityo ntabwo azifashishwa mu wa Mukura.

Abajijwe uko azabyitwaramo, Robertinho yavuze ko bibabaje kuko Muhire Kevin ari we umukino wubakiyeho ndetse unatanga ubutumwa kuri bagenzi be.

Yagize ati “Birababaje ko Kevin adashobora gukina. Ni umuntu wadufashaga kugeza ubutumwa bw’abatoza kuri bagenzi be. Ni we umukino wacu uba wubakiyeho ndetse akora ikinyuranyo, ariko nizera ko hari abandi bashobora gufata izo nshingano.”

Rayon Sports ntiratsindwa umukino muri Shampiyona, ibyo umutoza avuga ko bivunanye cyane ndetse ari bimwe mu biheruka kumutera uburwayi.

Ati “Ntabwo ari ubwa mbere tugize uwo musaruro, muribuka n’umwaka wa mbere hano twarabikoze dukina n’amakipe meza muri Afurika. Uba ugomba gutsinda buri mukino, ntabwo biba byoroshye, narwaye kubera byo, birananiza cyane.”

Rayon Sports izasura Mukura VS ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Mutarama 2024 saa Kumi n’Imwe kuri Stade ya Huye. Ni umukino utegerejwe na benshi kuko haribazwa niba iyi kipe yambara umuhondo n’umukara izashobora kuba iya mbere yahagarika Gikundiro.

Murera iri ku mwanya wa mbere n’amanota 36, mu gihe Mukura iri ku wa munani n’amanota 18.

Umutoza wa Rayon Sports, Robertinho yavuze ko bibabaje kuba azakina na Mukura adafite Muhire Kevin umukino we wubakiyeho
Muhire Kevin uheruka kuvunikira mu mukino wa Police FC ntabwo azakina uwa Mukura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .