00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bayingana wari wirukanywe muri AS Kigali yasubijwe mu mirimo

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 March 2025 saa 12:07
Yasuwe :

Bayingana Innocent wari wahagaritswe mu nshingano muri AS Kigali, yongeye gusubizwa mu mwanya we nk’Ushinzwe Ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe.

Hashize icyumweru kimwe Visi Perezida wa AS Kigali, Dr. Rubagumya Emmanuel, yanditse ibaruwa isaba Bayingana guhagarika imirimo ye, akanatanga raporo y’ibyo yakoze mu minsi yatambutse.

Gusa nyuma yo gusuzumana ubushishozi imikorere ye, ubuyobozi bwongeye kumugirira icyizere ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Werurwe 2025, abakinnyi batangarijwe ko yongeye guhabwa aka kazi.

Perezida w’Ikipe ya AS Kigali, Shema Fabrice, yabwiye abakinnyi n’abatoza b’ikipe ko hari habayeho kwibeshya ku cyemezo cyari cyafashwe.

Bayingana yari yasezerewe mu mirimo nyuma y’uko Rayon Sports itsinze ikipe y’Umujyi wa Kigali ibitego 2-1, mu buryo butunguranye, ndetse abakinnyi bayo bakitana bamwana ku cyabiteye.

AS Kigali iri ku mwanya wa kane n’amanota 33 ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda, iri kwitegura umukino ugomba kuyihuza na Gasogi United FC, kuri Kigali Pele Stadium ku wa Gatanu, tariki ya 28 Werurwe.

Bayingana Innocent yakomeje akazi muri AS Kigali
Shema Fabrice uyobora AS Kigali yitabiriye imyitozo itegura Gasogi United
Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice, yatangarije abakinnyi ko Bayingana Innocent yasubijwe mu mirimo ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .