Ni ibaruwa yanditswe na Visi Perezida wa AS Kigali, Dr. Rubagumya Emmanuel, ku wa Gatatu, tariki ya 19 Werurwe 2025, imusaba guhagarika akazi nk’uko amategeko abiteganya.
Ibaruwa igira iti “Tukwandikiye iyi baruwa tukumenyesha ko amasezerano y’akazi twari dufitanye yarangiye kuva tariki ya 3 Werurwe 2025. Kubera iyo mpamvu turakumenyesha ko kuva iyi tariki ubonyeho iyi baruwa utagifite inshingano mu ikipe nka ‘General Manager’.”
“Kandi turagusaba gukora raporo y’ibikorwa ndetse no kumurikira Umunyamabanga Mukuru wa AS Kigali ibikoresho byose wari ufite, mu gihe ubuyobozi bwari bukiri kureba niba amasezerano wari ufite yakongerwa.”
Bayingana yandikiwe nyuma y’uko Rayon Sports itsinze iyi kipe y’Umujyi wa Kigali igashimangira umwanya wa mbere n’amanota 46, mu gihe iza ku mwanya wa kane n’amanota 33.
Uyu mukino wateje ikibazo kinini muri AS Kigali kuko yavuzwemo kuba hari bamwe mu bakinnyi bahawe ruswa kugira ngo bitsindishe, bityo bafashe Gikundiro gukomeza kuyobora shampiyona.
Indi nkuru bifitanye Isano: AS Kigali yavuze kuri ruswa ishinjwa abakinnyi bayo


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!