00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bassane mu batazagaragara: Impumeko iri muri Rayon Sports yitegura Bugesera FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 15 May 2025 saa 07:32
Yasuwe :

Rayon Sports ikomeje imyitozo ikakaye yitegura Bugesera FC izasura ku munsi wa 28 wa Shampiyona, uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025 saa 15:00 kuri Stade ya Bugesera.

Kuri uyu wa Kane, IGIHE yasuye Rayon Sports mu myitozo yitabiriwe n’abakinnyi hafi ya bose n’abataherukaga.

Abo barimo Omborenga Fitina uherutse gusaba gutandukana n’iyi kipe, Nsabimana Aimable, Iraguha Hadji wari umaze igihe afite imvune n’umunyezamu Khadime Ndiaye. Yanitabiriwe kandi na Perezida Twagirayezu Thaddée.

Muri iyi kipe kandi hashize iminsi inzara inuma mu batoza badaheruka guhembwa. Ubwo yabazwaga kuri iki kibazo, Umutoza Rwaka Claude yavuze ko baganiriye n’ubuyobozi bigahabwa umurongo.

Yagize ati “ Ibibazo byaganiriweho n’ubuyobozi, hari icyizere batanze, twese twaraganiriye ubu umwuka umeze neza ntakibazo.”

Ku bijyanye n’umukino wa Bugesera FC, Rwaka yavuze ko azaba adafite Rukundo Aboul Rahman wabonye ikarita y’umutuku ku mukino wa Police FC na Azizi Bassane ufite amakarita y’umuhondo, atamwemerera gukina.

Ati “Yego ntabwo bahari ariko nta cyuho kizagaragara kuko dufite abakinnyi benshi beza nubwo nabo twifuzaga kuba tubafite.”

Yakomeje agira ati “Imikino yose dusigaje irakomeye ariko dufite amahirwe ko turi imbere kandi kubera icyo dushaka, ni ugukora ibishoboka byose ngo uyu mukino tuzawutsinde.”

Niyonzima Olivier uzwi nka Seif na we yashimangiye ko umwuka umeze neza mu ikipe kandi bazabona umusaruro.

Ati “Mu by’ukuri harabura imikino itatu, ubu turi kubara umukino ku wundi kuko nta kosa tugomba gukora yewe no kunganya ntibyemewe.”

Mu minsi ishize, havuzwe urwicyekwe mu bakinnyi ba Rayon Sports ndetse ko banayigambanira, ibyo Niyonzima yamaganiye kure avuga ko ari abashaka kwica umwaka mwiza w’ikipe.

Ati “Ikipe y’abafana ndetse ihataniye igikombe ntabwo ibintu nk’ibyo byabura ariko mu ikipe (imbere) nta bihari. Buri mukinnyi aba yifuza kwegukana igikombe, bityo ntabwo yajya gufata amafaranga ku ruhande.”

Nubwo Rayon Sports ivuga ibi, mu karere ka Bugesera ntabwo bicaye kuko Bugesera FC yatangiye umwiherero ku wa Kabiri, aho yahize kuzabona amanota atatu.

Gikundiro ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere n’amanota 59, irusha inota rimwe APR FC ya kabiri. Ni mu gihe Bugesera FC bazahura ari iya 11 n’amanota 31.

Aziz Bassane uri mu bakinnyi ngenderwaho ntabwo azagaragara ku mukino wa Bugesera FC
Rayon Sports yahize gutsinda Bugesera FC igakomeza kwicara ku mwanya wa mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .