00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bamwe biteguye kugenda- Abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports WFC ku buyobozi butabishyura

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 22 May 2025 saa 09:17
Yasuwe :

Rayon Sports WFC ni imwe mu makipe yahuye n’ibibazo by’amikoro ku buryo bukabije muri uyu mwaka w’imikino, kugeza ubwo rimwe na rimwe bahagarika akazi.

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 21 Gicurasi 2025, abayobozi, abatoza ndetse n’abakinnyi ba Rayon Sports WFC bakiriwe n’umuterankunga mukuru wa Rayon Sports, agamije kubashimira ibyiza bagezeho mu mwaka w’imikino wa 2024/25.

Si ukubakira gusa kuko uyu muterankunga yabageneye n’agahimbazamusyi ko kwitwara neza kangana na miliyoni 8 Frw, bagabanye bose buri wese agacyura hagati y’ibihumbi 200 Frw na 250 Frw.

Umuyobozi wa Rayon Sports WFC, Uwimana Jeaninne, yashimiye ubuyobozi bwa SKOL butumye abakinnyi bajya gukemura bike mu bibazo byari byaratewe no kubura amafaranga.

Ati “Nta faranga riba rito kuko iyo udafite ukagira icyo ubona na byo biba ari byiza. Hari icyo abana bari buhahe, dore ko hari n’imyenda bari bafite hirya no hino. Ikipe na yo iri kugerageza gukora ibishoboka. Ibibazo biri kugenda bishira.”

Kapiteni wa Rayon Sports WFC, Mukeshimana Dorothée, yavuze ko nyuma yo kugira ibibazo bakanegera ubuyobozi, bitakemutse neza ariko bahawe icyizere.

Ati “Ntabwo navuga ngo byarakemutse 100% ariko hari ibyo bakoze bitwereka ko bizagenda neza mu minsi iri imbere.”

Mukeshimana ni umwe mu bakinnyi bivugwa ko bashobora gusohoka muri Rayon Sports WFC bakerekeza muri mu yandi makipe. Uyu ashobora kujya muri Simba Queens yo muri Tanzania.

Umutoza wa Rayon Sports WFC, Iquel Fleury Rudasingwa, yavuze ko na we amasezerano yarangiye kandi ataraganirizwa ngo ayongere, bityo bidakunze yayisohokamo.

Ati “Twahuye n’ibibazo by’imishahara cyane cyane mu mpera za Shampiyona. Amasezerano yanjye ararangiye, nituganira neza nshobora kongera amasezerano ariko bitanakunze nzashaka ahandi.”

Mu mwaka w’imikino wa 2024/25, Rayon Sports WFC yegukanyemo ibikombe bine. Ibyo ni icya Shampiyona y’u Rwanda, icya Super Cup, icy’Umunsi w’Intwari ndetse n’icy’Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.

Abakinnyi ba Rayon Sports WFC bahawe amafaranga abafasha kwicuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .