00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ayabonga Lebitsa yongeye kugaruka muri Rayon Sports

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 12 February 2025 saa 02:01
Yasuwe :

Umutoza wongerera imbaraga abakinnyi, Ayabonga Lebitsa, ari mu nzira agaruka mu Rwanda kongera gutoza Rayon Sports yaherukaga gutandukana na yo mu Ukuboza 2024.

Uyu mutoza ukomoka muri Afurika y’Epfo, yari yasezeye iyi kipe kubera kutumvikana ku masezerano mashya dore ko yasabaga kongezwa umushahara ariko ikipe ntibikozwe, mu gihe Umutoza Mukuru wayo Robertinho bivugwa ko atifuzaga gukorana na we.

Igenda rye, ryakurikiwe n’umusaruro utari mwiza muri Rayon Sports yahise itakaza amanota mu mikino itatu yikurikiranya.

Nyuma y’ibiganiro bimaze icyumweru, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemereye IGIHE ko uyu mutoza yafashe indege imugarura mu Rwanda, ndetse ari buhite ajya mu nshingano ze.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko azajya ahembwa umushahara ungana na 1500$ ku kwezi mu gihe azanishyurirwa inzu yo kubamo.

Hategekimana Corneille wari wafashe uyu mwanya nyuma y’uko bisabwe na Robertinho, IGIHE ifite amakuru ko ari bwerekeze mu ikipe y’abagore kuko kugeza ubu nta mutoza wongerera abakinnyi ingufu yagiraga.

Umunya-Afurika y’Epfo, Ayabonga Lebitsa ’Smash’, yageze muri Rayon Sports muri Nyakanga 2023 azanye n’abatoza bashya barangajwe imbere na Yamen Zelfani ’Alfani’.

Uyu wahoze ari umukinnyi, yatangiye ubutoza ari kumwe na Rulani Mokwena kuri ubu utoza Wydad AC. Icyo gihe bari muri Black Poison. Yaciye mu yandi makipe atandukanye arimo Afurika y’Epfo U17, Bantu FC yo muri Lesotho na Tshakuma Tsha Madzivhandila y’iwabo.

Ayabonga yongeye kwemera gusinyira Rayon Sports
Rayon Sports imaze imikino itatu idahagaze neza mu kibuga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .