00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AS Kigali na Mukura zatangiye neza imikino yo kwishyura (Amafoto na Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 8 February 2025 saa 08:59
Yasuwe :

Igitego cya Haruna Niyonzima cyafashije AS Kigali gutsinda Bugesera FC 1-0, Mukura itsinda Muhazi United, mu mikino y’Umunsi wa 16 wa Shampiyona yabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Gashyantare 2025.

Umukino wa AS Kigali na Bugeseea watangiye ugenda gake cyane, amakipe yombi atagera imbere y’izamu kuko uburyo bw’ibitego bwari buke.

Ku munota wa 39, Kayitaba Bosco yasimbuye Saidi Aboubakar wongeye kugira imvune. Igice cya mbere kibishye cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Igice cya kabiri cyatangiranye imbaraga ku mpande zombi. Ku munota wa 52, AS Kigali yazamutse yihuta, Haruna Niyonzima atera ishoti rikomeye ari hanze y’urubuga rw’amahina atsinda igitego cya mbere.

Mu minota 60, Bugesera FC yagerageje gusatira ariko Ssentongo Farouk na Bizimana Yannick bagahusha uburyo bwinshi bw’ibitego babonaga.

AS Kigali yari mu mukino bikomeye nyuma y’aho Kayitaba Bosco yari amaze kwinjira mu kibuga.

Ku munota wa 75, Kayitaba yahinduye umupira imbere y’izamu, usanga Ntirushwa Aime ari wenyine akinnye n’umutwe ujya hejuru gato y’izamu.

Ku munota wa 80, Bugesera FC yahushije igitego gikomeye ku mupira, wahinduwe imbere y’izamu utewe na Bizimana, Ishimwe Saleh awukuramo, Ngendahimana Eric asongamo ariko Frank awukuriramo ku murongo.

Mu minota ya nyuma, Bugesera FC yagerageje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura ariko kirabura.

Umukino warangiye AS Kigali yatsinze Bugesera FC igitego 1-0.

Mu yindi mikino yabaye, Mukura yatsinze Muhazi United igitego 1-0, mu gihe Rutsiro FC yanganyije na Police FC ubusa ku busa.

AS Kigali yafashe umwanya wa gatatu n’amanota 29, Mukura yabaye iya gatandatu na 24, inganya na Police FC ya gatanu.

Abakinnyi ba AS Kigali babanje mu kibuga
Abakinnyi Bugesera FC yabanje mu kibuga
Myugariro Hirwa Didier atera umupira imbere
Haruna Niyonzima ahanganye na Ssentongo Farouk
Haruna Niyonzima yishimira igitego yatsinze
Kayitaba Bosco na Didier bishimira igitego
Ndayishimiye Didier nawe yishimiye igitego atera ikimbere
Akayezu Jean Bosco azamukana umupira
Ngendahimana Eric yakinnye umukino we wa mbere muri Bugesera FC
Saidi Aboubakar yasohowe mu kibuga ari ku ngobyi
Umusifuzi Rulisa Patience niwe wayobye umukino

Amafoto: Kwizera Herve
Video: Byiringiro Innocent na Inshungu Spes


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .