00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

AS Kigali yatandukanye na Ghislain Armel

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 14 January 2025 saa 10:56
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali bwatangaje ko bwamaze gutandukana ku bwumvikane na rutahizamu ukomoka muri Cameroon, Ghislain Armel, nyuma y’amezi ane bamusinyishije.

Umwe mu bayobozi ba As Kigali yabwiye IGIHE ko bahisemo gutandukana na Ghislain Armel kubera imyitwarire mibi ndetse n’umusaruro we batishimiye.

Yagize ati “Twaricaranye dufata icyemezo cyo gutandukana ku bwumvikane kubera umusaruro we mu kibuga ndetse n’myitwarire itari myiza yagiye agaragaza.”

Armel Ghislain waciye mu makipe ya Gasogi United na Kiyovu Sports, yari yaje muri iyi kipe muri Kanama 2024 gusa ayikinira iminota 60 yonyine.

Uyu musore yari yatangaje ko icyatumye atandukana n’iyi kipe harimo kuba itaramuheraga umushahara ku gihe ndetse ko hari n’ibyo itamwishyuye ariko ubuyobozi bwa Aa Kigali bwabihakanye.

Iyi kipe yanemereye IGIHE ko muri Mutarama izasinyisha abakinnyi bane barimo abanyamahanga batatu ndetse na Haruna Niyonzima wamaze kwemera kugaruka muri iyi kipe yahoze abereye Kapiteni.

Mu bandi bakinnyi bagiye kugurwa harimo ukina mu kibuga hagati yugarira, ufasha ba rutahizamu ndetse n’uca ku ruhande asatira.

AS Kigali yarangije imikino ibanza ku mwanya wa gatatu n’amanota 26 aho byayihesheje itike yo gukina Igikombe cy’Intwari, ikazahura na APR FC muri 1/2 tariki 28 Mutarama 2024.

Ghislain Armel yari amaze amezi ane yonyine muri As Kigali
Uyu musore yamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Kiyovu Sports
As Kigali yagaruye Haruna Niyonzima wayihesheje igikombe cy'Amahoro
Haruna Niyonzima yatangiye imyitozo mu banyamujyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .