00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arabie Saoudite yahawe kwakira Igikombe cy’Isi cya Ruhago mu 2034

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 December 2024 saa 08:59
Yasuwe :

Arabie Saoudite yemejwe nk’igihugu kizakira Igikombe cy’Isi cya Ruhago mu 2034, mu gihe irushanwa rya 2030 rizabera muri Espagne, Portugal na Maroc.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Ukuboza 2024, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryatangaje ibihugu bizakira Igikombe cy’Isi mu 2030 na 2023 nyuma yo kwemerezwa mu nama idasanzwe y’iri Shyirahamwe.

Amashyirahamwe 211 agize FIFA, yose yitabiriye iyi nama hifashishijwe amashusho, ibihugu bizakira amarushanwa abiri ataha byemezwa binyuze mu itora.

Itora rya mbere ryatoranyije Uruguay, Paraguay na Argentine nk’ibihugu bizakira imikino itatu yo kwizihiza imyaka 100 ishize Igikombe cy’Isi gitangiye, mu 2030.

Itora rya kabiri ryemeje ibihugu bitatu bizakira Igikombe cy’Isi mu 2030, ndetse na Arabie Saoudite nk’igihugu kizakira irushanwa rya 2034.

Ibihugu byatangaga amajwi yabyo binyuze mu gukoma amashyi imbere ya camera binyuze ku murongo w’amashusho wari watanzwe.

Inkuru bifitanye isano:

FIFA yemeje Arabie Saoudite nk'igihugu kizakira Igikombe cy'Isi mu 2034

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .