Mu kiganiro yagiranye na LBC, Ambasaderi Khalid yatangaje ko mu gihe cy’Igikombe cy’Isi nta nzoga zizacuruzwa muri stade, hoteli n’ahandi hose.
Yagize ati “Ntabwo twemera ibisindisha. Hari uburyo bwinshi abantu bakwishima badakoresheje inzoga.”
Yakomeje agira ati “Buri wese agira umuco we. Tuzishimira kwakira abantu bose ariko tutarenze ku muco wacu. Ntabwo dushaka guhindura umuco wacu kubera abandi bantu.”
Abajijwe niba abaryamana bahuje ibitsina bo bazemererwa kwitabira iri rushanwa, yavuze ko bazaha ikaze buri wese.
Ati “Ntabwo ari irushanwa rya Arabie Saoudite ahubwo ni ibirori by’Isi bityo tuzaha ikaze buri wese.”
Mu Ukuboza 2024 ni bwo Arabie Saoudite yahawe kuzakira Igikombe cy’Isi cya 2034.
Icyakora mu irushanwa riheruka ryabereye muri Qatar, iri tegeko ryo gukumira inzoga ryariho ariko muri stade gusa kuko muri hoteli zari zemewe gucuruzwa.
Kimwe n’irushanwa riheruka, Arabie Saoudite nayo yakunze gushinjwa guhonyora uburenganzira bwa muntu ibintu yakomeje guhakana yivuye inyuma.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!