Nubwo ikipe yashimiye abakinnyi, abakunzi bayo ntabwo banyuzwe no kunganya na Rayon Sports aho abaganirije IGIHE nyuma y’umukino bavuze ko umusaruro babonye kuri Stade Amahoro atari wo bifuzaga.
APR FC yaje gukina uyu mukino irushwa na Rayon Sports amanota 11 ku rutonde rwa Shampiyona, aho yasabwaga gutsinda kugira ngo ibe yagabanya ikinyuranyo cy’amanota irushwa na mukeba mbere yo gukina imikino yayo y’ibirarane.
Amakipe yombi yagiye asimburana mu kubona amahirwe yo gutsinda mu gice cya mbere, aho Fall Ngagne yaje guhusha igitego asigaranye na Pavelh Ndzila mu gihe Mamadou Sy na we yaje guhusha nk’icyo asigaranye na Khadime Ndiaye.
Igice cya kabiri, amakipe yombi yaje gukina bigaragara ko yagabanyije imbaraga, gusa ikipe ya Rayon Sports yatashye itanyuzwe nyuma y’aho ku munota wa 89 yaje guhabwa Coup Franc ku mupira wari ukozwe na Aliou Souane.
Ubwo umukino wasozwaga, ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwasuye abakinnyi mu rwambariro bubagenera agahimbazamusyi k’amafaranga ibihumbi 300 basanzwe babona ku mikino ikomeye batsinze, nubwo bo batashoboye gutsinda uyu mukino.
Iyi kipe y’Ingabo z’igihugu kuri ubu iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 19 ikaba irushwa na Rayon Sports ya mbere amanota 11.
APR FC iracyafite ibirarane bibiri harimo icyo izahuriramo na Kiyovu Sports ku wa Gatatu tariki 11 Ukuboza 2024 kuri Kigali Pele Stadium, mu gihe ikirarane cya nyuma izakirwa na Musanze mu ntangiriro za Mutarama 2025.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!