Itoroka rya Kalisa Georgine ryatangiye kuvugwa mu ntangiriro z’iki cyumweru, aho uyu mugore wigeze kuba Umunyamabanga w’Agateganyo wa APR FC byavugwaga ko yatorotse kubera ko hari miliyari 1,5 Frw basanze yarahombye, ni nyuma yo kumukorera igenzura ry’umutungo (audit).
Amakuru avuga ko Kalisa Georgine yakorewe ’audit’ hagati ya tariki 22 na 24 Mutarama 2025, aho yari bukomeze kubazwa iby’amafaranga yabuze tariki ya 27 Mutarama. Icyakora ngo baje kumutegereza baramubura aho bivugwa ko yaba yarerekeje muri Canada.
Mu kiganiro na IGIHE, Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganywa, yavuze ko atazi ibyo gutoroka kwa Georgine gusa yemeza ko habayeho igenzuro ry’umutungo.
Ati “Birumvikana nk’ahandi hose habayeho igenzura ry’umutungo ku bakozi, ariko sinkeka ko byatuma Georgine agenda kuko ni ibintu bisanzwe.”
Yongeyeho ati “Nta makuru mfite (y’itoroka rye). Aramutse atari mu Rwanda ubwo byaba biterwa n’ubushake bwe kuko abifitiye uburenganzira.”
IGIHE yagerageje kuvugisha Kalisa Georgine kuri telefoni ariko ntibyadukundira.
Uyu muyobozi yirinze kugira icyo avuga ku ngengo y’imari ikoreshwa na APR FC, aho byari byavuzwe ko igera kuri miliyari 6 Frw, ashimangira ko bafite ibikorwa byinshi bigamije guteza imbere iyi kipe, bityo ko bagikeneye amikoro ahagije.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!